Sunday, October 1E-mail: administration@aprfc.rw
Shadow

News

UMUYOBOZI WA APR F.C YASHIMIYE ABAKUNZI BAYO

UMUYOBOZI WA APR F.C YASHIMIYE ABAKUNZI BAYO

News
Nyuma y’urugwiro bakiranye abakinnyi ubwo bari batangiye imyitozo ku mugaragaro bitegura umwaka utaha w’imikino, rwatumye Umuyobozi wa APR F.C, Lt.Col Richard KARASIRA afata umwanya arabashimira. Ni nyuma y’uburyo bari baje ari benshi ubwo APR F.C yatangiraga imyitozo ku mugaragaro kuri Kigali Pele Stadium kuwa gatanu tariki ya 21 Nyakanga 2023, aho by’umwihariko yitabiriwe n’abakinnyi batandatu bashya mu munani iyi kipe yaguze. Byari ibyishimo ku bakunzi b’iyi kipe y’ingabo z’u Rwanda, bari bakumbuye ikipe yabo, banafite amatsiko yo kureba abakinnyi bashya iyi kipe yongeyemo. Umuyobozi wa APR F.C yagize ati “Ubuyobozi bwa APR F.C turashimira abakunzi bayo n’abafana bose muri rusange baje gushyigikira abakinnyi mu myitozo yabereye kuri Pele Stadium. Morali yanyu ni yo izabate...
ABATOZA BASHYA BA APR FC BASESEKAYE I RWANDA

ABATOZA BASHYA BA APR FC BASESEKAYE I RWANDA

News
Abatoza bashya ba APR F.C basesekaye mu Rwanda, aho biteguye guhita batangira akazi ko kubaka umukino ubere ijisho kandi utanga umusaruro bityo ugaha ibyishimo bikwiye abakunzi b’iyi kipe y’ingabo. Abo batoza bashya ni Umufaransa Thierry Froger uzajya yungirizwa na mugenzi we Kouda Karim. Umutoza mukuru wa APR FC, Thierry Froger w’imyaka 60 ni Umunyabigwi kandi amenyereye umupira w’amaguru wa Afurika. Yakinnye umupura kuva akiri muto mu 1971, awuhagarika mu 1991 akinira Le Mans yo mu Bufaransa. Yatangiye gutoza mu 1994, ahera muri iyo kipe yahagarikiyemo gukina umupira w’amaguru. Yatoje andi makipe nka Lille, Châteauroux, Guegnon, Reims, Nîmes, Vannes na Créteil. Muri Afurika yatoje amakipe nka TP Mazembe, USM Alger, Ikipe y’igihugu ya Togo na Arta/Solar7 yatozaga kugez...
APR FC YASINYISHIJE UNDI MYUGARIRO MPUZAMAHANGA

APR FC YASINYISHIJE UNDI MYUGARIRO MPUZAMAHANGA

News
Mu rwego rwo gukomeza kubaka ikipe y’ubukombe mu ruhando rwa Afurika, APR F.C yasinyishije Banga Salomon Bindjeme, uyu akaba undi myugariro mpuzamahanga ukomoka muri Cameroun. Ni umukinnyi uje yiyongera ku bandi basinye amasezerano mu ikipe y’ingabo z’u Rwanda guhera mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Nyakanga, bikaba biri mu rwego rwo kongeramo amaraso mashya hagamijwe kubaka ikipe y’ubukombe. Banga Salomon Bindjeme yitezweho kwifashisha inararibonye ye mu mikino mpuzamahanga agafasha ba myugariro bandi ba APR FC kuzamura urwego rwabo, dore ko ari abahanga ariko bari bagikeneye inararibonye yo ku rwego mpuzamahanga. Banga Salomon Bindjeme yasinye amasezerano y’imyaka ibiri, akaba aje muri APR F.C aturutse muri AL Hilal Omdurman yo muri Soudan. Uyu myugariro w’imyaka 27 yageze ...
Victor Mbaoma yasinyiye APR FC

Victor Mbaoma yasinyiye APR FC

News
Umukinnyi ukomoka mu gihugu cya Nigeria Victor mbaoma w'imyaka 26 yamaze gusinyira ikipe ya APR FC aho yasinyiye iyi kipe amazeserano y'imyaka 2 Uyu mukinnyi wagiye anyura mu makipe atandukanye nka Enyimba ,MC Alger n'andi menshi aje gufasha APR FC gukomeza kwitwara neza mu mikino itandukanye dore ko izanahagararira igihugu mu mikino mpuzamahanga ya CAF Champions League.
PAVELH YASINYIYE APR F.C

PAVELH YASINYIYE APR F.C

News
APR F.C yiyongeyemo amaraso mashya mu barinda izamu ubwo yasinyishaga Pavelh Ndzila umunyezamu ukomoka mu gihugu cy'u Congo Brazaville wasinye amasezerano y'imyaka 2 Nyuma y'isuzuma ry'ubuzima ryimbitse, APR F.C yasinyishije amasezerano uyu munyezamu w'Umunyamahanga wakiniraga ikipe ya Etoile du Congo. Kugeza ubu APR F.C ni yo yegukanye igikombe cya shampiyona biyihesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League).
NDIKUMANA DANNY UMUKINNYI MUSHYA WA APR F.C

NDIKUMANA DANNY UMUKINNYI MUSHYA WA APR F.C

News
Ndikumana Danny ni umukinnyi mushya wa APR F.C nyuma yo gusinya amasezerano yo kuyikinira mu gihe kingana n'imyaka ibiri. Ni umukinnyi ukina mu b'imbere nka rutahizamu, uyu akaba yari aherutse gusoza amasezerano ye mu ikipe ya Rukinzo FC yo mu gihugu cy'u Burundi. Ndikumana ni rutahizamu ukiri muto wigaragaje neza ndetse ashimangira ubuhanga bwe mu mikino ihuza Polisi yo muri Afurika y'iburasirazuba no hagati (EAPCCO GAMES 2023) yabereye mu Rwanda. Aha ni na ho byamenyekaniye ko uwo rutahizamu wazonze Polisi y'u Rwanda ari Umunyarwanda kandi ari hafi gusoza amasezerano mu ikipe ya Rukinzo FC, maze iyi kipe y'ingabo ifata umwanzuro wo kumuzana muri bagenzi be agakomeza kuzamura impano ye. Uyu rutahizamu yitezweho kuba ikirungo cyiza muri iyi kipe y'ingabo z'igihugu, dore ko...
APR F.C YASINYISHIJE TADDEO LWANGA

APR F.C YASINYISHIJE TADDEO LWANGA

News
APR F.C yiyongeyemo amaraso mashya isinyisha Taddeo Lwanga umukinnyi wo hagati mu ikipe y'igihugu ya Uganda. Ni umukinnyi wa kabiri APR F.C yasinyishije, na we akaba yitezweho umusaruro cyane ko inararibonye afite n'ubuhanga bwe mu kibuga ari na byo byagendeweho mu kumurambagiza. Usibye kuba yarabaye Kapiteni w'ikipe y'igihugu ya Uganda y'abakina imbere mu gihugu akaba n'umukinnyi uhoraho muri Uganda Cranes, Taddeo Lwanga wasinyiye APR F.C imyaka ibiri yakiniye amakipe akomeye yo muri icyo gihugu, akomereza muri Simba SC yo muri Tanzania, akaba aje muri APR F.C avuye mu ikipe ya AS Arta/Solar7 aho yari amaze umwaka umwe. Kugeza ubu APR F.C ni yo yegukanye igikombe cya shampiyona biyihesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwa...
APR F.C YASINYISHIJE UMUNYAMAHANGA WA MBERE

APR F.C YASINYISHIJE UMUNYAMAHANGA WA MBERE

News
APR F.C yiyongeyemo amaraso mashya ubwo yasinyishaga Nshimirimana Ismael uzwi ku izina rya Pitchou umukinnyi ukina hagati, ukomoka mu gihugu cy'u Burundi wasinye amasezerano y'imyaka 2 Nyuma y'isuzuma ry'ubuzima ryimbitse, APR F.C yasinyishije amasezerano umukinnyi wa mbere w'Umunyamahanga wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports. Ni umukinnyi witezweho kuza gukora ikinyuranyo, ku buryo usibye gufasha APR F.C kugera ku ntego zayo mu marushanwa mpuzamahanga, azanafasha abakinnyi b'Abanyarwanda kuzamura urwego rwabo. Kugeza ubu APR F.C ni yo yegukanye igikombe cya shampiyona biyihesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League). Chairman wa APR FC Lt Col Richard Karasira ari kumwe na nshimirimana Ism...