Sunday, October 1E-mail: administration@aprfc.rw
Shadow

News

APR F.C IRIPIMIRA KURI GASOGI UNITED MU MUKINO WA GICUTI

APR F.C IRIPIMIRA KURI GASOGI UNITED MU MUKINO WA GICUTI

News
Mu kwitegura umukino w'imbaturamugabo uzayihuza na Pyramid FC muri CAF Champions League, APR F.C iripima na Gasogi United mu mukino wa gicuti. Ni umukino ukinwa kuri iki cyumweru tariki ya 10/09/2023 kuri Kigali Pele Stadium. Ni umukino APR FC iza gukina idafite abakinnyi bayo 11 bahamagawe mu makipe y'ibihugu, barimo abakiniye u Rwanda nka Ishimwe Christian, Ombolenga Fitina, Ruboneka Bosco, Nshuti Innocent, Mugisha Gilbert, Niyibizi Ramadhan bakiyongeraho Buregeya Prince na Nshimiyimana Yinusu batagaragaye mu mukino. Aba kandi biyongeraho Thadeo Lwanga wagiye gukinira Uganda na Pavell wakiniye Congo Brazzaville. APR FC iritegura umukino w'ijonjora rya nyuma uzayihuza na Pyramid FCyo mu Misiri mbere yo kujya mu matsinda ya 1/4 cy'irangiza mu guhatanira igikombe cy'irushanwa ...
KWITONDA YAFASHIJE APR FC GUKURA ATATU I NGOMA

KWITONDA YAFASHIJE APR FC GUKURA ATATU I NGOMA

News
APR FC yahiriwe n'urugendo rwo ku munsi wa gatatu wa shampiyona Igitego cyiza Kwitonda Alain 'Bacca' yatsinzi ni cyo cyahesheje amanota atatu APR FC mu mukino wayo wa kabiri muri Rwanda National League 2023. Ni umukino w'umunsi wa gatatu wa shampiyona wakinwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 02/09/2023, aho APR FC yari yakiriwe na Etoile de l'Est FC ku kibuga cyayo mu Karere ka Ngoma. APR FC yatangiye umukino bigaragarira buri wese ko ari ikipe ishaka intsinzi, ikabyerekana ihererekanya neza umupira kandi igasatira kenshi n'ubwo ubwugarizi bwa Etoile de l'Est FC bwari bwihagazeho mu gice cya mbere. APR FC yakunze kugerageza uburyo butandukanye ariko bikanga, kugeza ubwo ku munota wa 61 Umutoza yafashe icyemezo cyo gushakira ibisubizo ku ntebe y'abasimbura, maze akuramo Apam na ...
APR F.C YATANGIYE IRUSHANWA NYAFURIKA INGANYA

APR F.C YATANGIYE IRUSHANWA NYAFURIKA INGANYA

News
APR FC yabanje mu kibuga ni isanzwe usibye Ruboneka wasimbuwe na Bacca Mu mukino wayo wa mbere mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League), APR F.C yanganyije igitego 1-1 na Gaadiidka FC. Ni umukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/08/2023, uyu ukaba wari umukino ubanza mu ijonjora ry'ibanze. Umukino watangiye APR FC ikina ihererekanya neza umupira, ndetse igasatira cyane, ariko amahirwe yo kuboneza umupira mu rushundura agakomeza kuba iyanga. Byabaye ubugira kenshi ku mipira yaterwaga na Victor Mbaoma, Nshimirimana Ismael 'Pitchou', Apamu n'abandi, ku buryo benshi babaga babaze igitego ariko umupira ugaca hejuru y'izamu cyangwa ku ruhande. Byakomeje bityo APR F.C yiharira umupira bityo ikayobor...
APR FTC: URUGANDA RUKORA ABAKINNYI RURAKATAJE (AMAFOTO)

APR FTC: URUGANDA RUKORA ABAKINNYI RURAKATAJE (AMAFOTO)

News
APR FOOTBALL TRAINING CENTER (APR FTC), irerero rya APR FC bamwe bafata nk'uruganda rukora abakinnyi rirakataje muri gahunda y'imyitozo mu biruhuko. Ni irerero ryashyizweho muri gahunda yagutse yo guteza imbere umupira w'amaguru hashingiwe ku bakiri bato, ishami rya Kigali ari na cyo cyicaro gikuru rikaba ryaratangiye mu 2021. Nk'uko bitangazwa n'ushinzwe Iterambere ry'umupira w'amaguru muri APR FC, iri rerero ryashyizweho ndetse rigaba amashami hirya no hino mu gihugu, hagamijwe gutoza no kwigisha abakinnyi benshi kandi bashoboye, ku buryo mu minsi iri imbere amakipe atazajya yihutira gushaka abakinnyi mu mahanga. Ni irerero ry'abakinnyi mu byiciro bitandukanya, abakobwa n'abahungu APR FTC kugeza ubu igizwe n'ibyiciro bitandukanye, ari byo U-10, U-11, U-13, U-15, U-17...
APR FC YANGANYIJE NA MUKURA VS MU MUKINO W’IBIRORI BYAYO

APR FC YANGANYIJE NA MUKURA VS MU MUKINO W’IBIRORI BYAYO

News
APR F.C yanganyije 0-0 na Mukura Victory Sports et Loisirs mu mukino wa gicuti wakinwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y'imyaka 60 iyo kipe yo mu Majyepfo imaze ishinzwe. Ni umukino wakinwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 05/08/2023, ukaba wakiniwe kuri stade mpuzamahanga ya Huye. Umukino watangiye APR F.C ihererekanya neza umupira kurusha Mukura VS yari imbere y'abafana yari yararikiye ibirori byayo byo kwizihiza isabukuru. Icyakora Mukura VS yagerageje kwihagararaho ikanyuzamo na yo ikaryohereza abafana bayo mdetse igasatira cyane izamu rya APR FC, ibintu byatumye abatoza babasha no kubona ahari intege nke. Nk'ibisanzwe Shaiboub yari yazonze abo hagati ba Mukura VS Icyakora ku munota wa 38 w'umukino Victor Mbaoma yakoreweho penaliti ayiteye umunyezamu wa Mukura ...
ITANGANZO RYIHUTIRWA KUBAKUNZI BA APR FC.

ITANGANZO RYIHUTIRWA KUBAKUNZI BA APR FC.

News
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC buramenyesha Abakunzi b’ikipe impinduka zitunguranye K’umukino Wagombaga Kuduhuza na KIYOVU SPORTS kuri uyu Wa gatandatu. K’ubwumvikane bw’amakipe atatu (APR FC, KIYOVU,MUKURA VS) Twemeranyijwe ko Umukino wagombaga Kuduhuza na KIYOVU Sports Twawusimbuza MUKURA V.S Mu rwego rwo Kwifatanya Nabo kwizihiza Imyaka 60 iyi kipe ibayeho. Umukino Uzabera Kuri Stade ya HUYE ku isaha yi saa Cyenda Z’amanywa ( 3h00 Pm) Tubasabye Tunabashimira kwihanganira izi Mpinduka , abari baraguze amatike yagombaga kubinjiza ku mukino wari Guhuza APR F.C na Kiyovu Sports barasabwa kudasiba ubutumwa bahawe buzabafasha kwinjira ku mukino wa Mukura ntayandi mafaranga bishyuye. Kubwinshi, Muze Twifatanye na MUKURA V.S Kwizihiza isabukuru y’imyaka 60 ibayeho. ...
APR F.C YATSINZE, VICTOR MBAOMA YIGARURIRA IMITIMA Y’ABAFANA

APR F.C YATSINZE, VICTOR MBAOMA YIGARURIRA IMITIMA Y’ABAFANA

News
Aba ni bo bakinnyi 11 bari babanjemo APR F.C yatsinze Marine FC ibitego 3-1 mu mukino wayo wa mbere wa gicuti, rutahizamu Victor Mbaoma yigarurira imitima y'abafana. Ni mu mukino wakinwe kuri uyu wa gatatu tariki ya 02/08/2023 kuri Kigali Pele Stadium, aho abafana bari baje kwirebera abakinnyi bashya bwa mbere mu mukino. APR FC yatangiye yiharira umupura kurusha Marine FC, byatumye iyobora umukino ndetse iza no kubona igitego cya mbere cyinjijwe na Victor Mbaoma kuri penaliti. Marine FC yakomeje kugerageza kwishyura ariko bikaba iby'ubusa, cyane ko APR FC yari ihagaze neza haba mu buryo bw'ubwugarizi ndetse no guhererekanya umupira mu kibuga hagati, dore ko uburyo bwo gutsinda bwaremwaga bwo butakunze kubahira mu gice cya mbere. Victor Mbaoma na Niyibizi Ramadhan bi...
AMAFOTO – APR FC MU MYITEGURO Y’UMUKINO WA MBERE WA GICUTI

AMAFOTO – APR FC MU MYITEGURO Y’UMUKINO WA MBERE WA GICUTI

News
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere APR FC yakoze imyitozo yitegura umukino wayo wa mbere wa gicuti uzayihuza na Marine FC kuri uyu wa gatatu tariki ya 02/08/2023. Ni umukino igiye gukina nyuma y’ibyumweru bibiri itangiye imyitozo ku mugaragaro, ukazabera kuri Kigali Pele Stadium kuwa gatatu tariki ya 02/07/2023. Kugeza ubu abakinnyi bose bazakinira APR FC mu mwaka w'imikino 2023-2024 barahari kandi barakora imyitozo neza, dore ko nta n'ufite ikibazo cy'imvune yatuma ashidikanywaho. Ni umukino wo kwisuzuma igiye gukina mbere yo gukina imikino mpuzamahanga yitegura guhatanira Super Cup no gutangira guhatanira igikombe cya shampiyona, ari na ko itangira urugamba rw’imikino y’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo. Ni umukino umutoza yitezeho kureberaho abakinnyi nyu...
APR FC IRAKINA UMUKINO WAYO WA MBERE WA GICUTI NA MARINE FC

APR FC IRAKINA UMUKINO WAYO WA MBERE WA GICUTI NA MARINE FC

News
Nyuma y’ibyumweru bibiri itangiye imyitozo ku mugaragaro, APR FC igiye kwipima na Marine FC mu mukino wa gicuti uzabera kuri Kigali Pele Stadium kuwa gatatu tariki ya 02/07/2023. Ni umukino wo kwisuzuma igiye gukina mbere yo gukina imikino mpuzamahanga yitegura guhatanira Super Cup no gutangira guhatanira igikombe cya shampiyona, ari na ko itangira urugamba rw’imikino y’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo. Ni umukino umutoza yitezeho kureberaho abakinnyi nyuma y’igihe bamaranye mu myitozo, agamije kureba uburyo abashya n’abasanzwe bahuza umukino maze bigatanga umusaruro.
UMUTOZA ADEL ZRANE NA WE YAHASESEKAYE

UMUTOZA ADEL ZRANE NA WE YAHASESEKAYE

News
Umutoza Adel Zrane wari usigaye na we yamaze kugera mu Rwanda, ndetse arahita anatangira akazi ko gufatanya na bagenzi be gutyaza abakinnyi ba APR F.C no kunoza umukino hagamijwe umusaruro mwiza. Adel Zrane w'imyaka 39 ukomoka mu gihugu cya Tunisia aje kuba Umutoza wungirije wa APR F.C ushinzwe kongerera ingufu abakinnyi (Physical Fitness Coach). Ni Umutoza ufite inararibonye, dore ko yabikoze mu makipe atandukanye kandi akomeye nka Simba yo muri Tanzania, Al-Wehdat Sport Club yo muri Jordan, AL-AIN Saudi Football Club yanabaye mu ikipe y'igihugu ya Mauritania. APR F.C iritegura umukino wa Super Cup uzayihuza na Rayon Sports ku itariki ya 12/08/2023, uyu ukaba ari na wo utangiza umwaka w'imikino mu Rwanda. Iyi kipe y'ingabo iritegura kandi gutangira imikino mpuzamahanga, ...