Kuri uyu wa Kabiri, Myugariro wa APR FC Rwabuhihi Aimée Placide yakorewe agashya na bagenzi be bakinana ubwo imyitozo ya mbere yo kuri uyu wa kabiri yari isojwe ku Kibuga cy’imyitozo cya Shyorongi.
Ni imyitozo yayobowe n’Abatoza bashya b’abanya-Maroc, Umukuru Mohammed Adil Erradi , Uwungirije Bekraoui Nabiyl ndetse n’Uw’abanyezamu Mugabo Alex, ikaba yatangiye saa tatu usozwa saa tanu z’igitondo.
Nyuma y’imyitozo, bamwe mu bakinnyi baje kumvikana ko bagomba gutungura Placide maze bakamumenaho amazi, nk’uburyo bwo kumwifuriza isabukuru y’imyaka 20 yari yujuje kuri uyu munsi Tariki ya 6 Kanama 2019.
Abo basore bafashe amacupa y’amazi yari ateretse muri frigo maze baramutungura bayamumenaho, ari nabwo yatangiye kwiruka ngo abacike kuko yari atangiye kumubana menshi.
Itsinda ry’abasore bari bayobowe na Myugariro ndetse akaba na Kapiteni Manzi Thierry, Ombolenga Fitina, rutahizamu Byiringiro Rague ndetse na Mushimiyimana Muhammed ukina hagati bamukurikiye bakomeza kumumishaho ayo amazi.


Rwabuhihi wageze aho akabacika, ntiyaje gusimbuka umunsi wose kuko yageze aho akagaruka kubicaramo hagati. Kapiteni Manzi, Ombolenga ndetse n’Umunyezamu Ahishakiye Herithier bateruye ya frigo yari icagasemo amazi maze bayamucuburaho yose, kuko yari yicaye yabuze ubuhungiro aratuza kugeza ubwo amazi yose yamushiriyeho.
Nyuma y’uko amazi ya frigo ashize, nibwo abakinnyi bose batangiye kumuririmbira indirimbo imwifuriza isabukuru nziza…… ari nako Nshuti Innocent yageragezaga kumuhanagura mu maso kugira ngo abashe guhumuka, dore ko yari yahumirije kubera amazi yamuturukaga mu mutwe amanuka mu maso ari menshi.
Nyuma y’aho akaba yabwiye Umunyamakuru wa APR FC ko yishimira uko aba basore bamutunguye dore ko atari abyiteze.
‘’Biranshimishije cyane, ntabwo nari nzi ko bantungura bene aka kageni, sinari nzi ko bari bazi ko navutse kuri uyu munsi, Yego ubwa mbere banyirunzeho ndabacika, ngarutse bandusha ubwinshi bamenaho amazi yo muri frigo, gusa biranshimishije cyane.

Agira icyo avuga ku batoza bashya uyu myugariro wo hagati, akaba yatangaje ko ari abatoza bazabageza kuri byinshi.
Yagize ati: ‘’Aba batoza ni abanyamwuga, bafite urukundo, batuba hafi kandi baratwereka ko turi kumwe. Ni abatoza bazafasha cyane Ikipe muri rusange kandi twiteze kuzakora impinduka duhereye mu irushanwa tugiye kwerekezamo ry’Imikino ya Gisirikare, tukagarukana Igikombe tugakomereza kuri Shampiyona. Mbese twizeye ko tuzitwara neza.
Rwabuhihi yavukiye i Kanombe ku Itariki ya 6 Kanama 1999, yazamukiye mu ikipe y’abana y’aho yitwa ‘’Eleven Boys’’ nyuma yerekeza mu Ishuri ry’umupira w’amaguru ry’Isonga yamazemo imyaka ibiri, ari nabwo yahise abengukwa na Kiyovu Sports mu mwaka wa 2017, ahava akomereza muri APR FC nyuma y’Umwaka ushize wa Shampiyona.







Medicines information sheet. Effects of Drug Abuse.
prednisolone buy
All news about medicament. Get information now.
Medicine information leaflet. Long-Term Effects.
zoloft
Some trends of medicament. Read here.
efient 10 mg
cost levaquin
prasugrel medication
can i order finasteride online