Sunday, October 1E-mail: administration@aprfc.rw
Shadow

Nyuma yo kunganya umukino ubanza, APR FC igiye gutangira kwitegura umukino wo kwishyura uzayihuza na Mukura VS kuri uyu wa Gatatu

Nyuma yo kunganya na Mukura VS mu mukino ubanza wa ½ w’igikombe cy’Amahoro, APR FC uyu munsi saa 15H30 iratangira kwitegura umukino wo kwishyura wa ½ n’ubundi uzabahuza na Mukura VS kuri uyu wa Gatatu kuri stade Amahoro.

APR FC ifite iki gikombe yegukanye umwaka ushize ndetse inashaka kukisubiza, ifite umukino ukomeye kuri uyu wa Gatatu, ari nayo nzira igana ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro kuko umukino ubanza, wasize aya makipe yombi anganyije akaba agomba kwisobanura mu mukino wo kwishyura kuri uyu wa Gatatu kuri stade Amahoro i Remera.

APR FC yakinnye umukino ubanza idafite umwe mu basore bayo b’inkingi za mwamba ndetse unasanzwe abanzamo kubera imvune, ariko iyi n’inkuru nziza ku bakunzi ba APR, ko mu mukino wo kwishyura, Butera Andrew usanzwe akina hagati mu kibuga, uyu musore azagaragara muri uyu mukino . APR ikaba iri bukore imyitozo uyu munsi saa 15H30 i Shyorongi.

4 Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *