Ubuyobozi bw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba no hagati, CECAFA, bwasabye imbabazi ikipe ya APR FC kubera amakuru yatanzwe nabi bigatuma iyi kipe idahabwa imidari yayo uko bikwiye. APR FC yegukanye umudari wa Bronze mu mikino yasojwe...
Umukinnyi ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya APR FC Memel Raouf Dao ni we watowe nk’umukinnyi mwiza wa CECAFA Kagame Cup yakinirwaga mu gihugu cya Tanzania. Iri rushanwa ryegukanywe n’ikipe ya Singida Black Stars yatsinze Al Hilal ibitego...
Igitego cya Memel Dao ku munota wa 45 cyaduhaye intsinzi ya 1-0 mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu muri CECAFA Kagame Cup, twahuriragamo na KMC kuri uyu wa Mbere. APR FC yari mu isura nshya, umutoza mukuru yari...
Igitego cya William Togui ntabwo cyari gihagije ku kibuga cya KMC kuko birangiye dutakaje umukino twahuriragamo na Al Hilal Ombdurman muri ½ cya CECAFA Kagame Cup. Umutoza Abderrahim Taleb yari yakoze impinduka mu bakinnyi babanzamo, aho Kapiteni Niyomugabo Claude...
Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Gen Patrick Nyamvumba, yasuye ikipe aho iri mu mwiherero, ababwira ko ejo bagomba gukora ibishoboka bagasezerera Al Hilal tuzahura mu mikino ya CECAFA Kagame Cup. Amb. Gen Patrick Nyamvumba akaba yahaye ikaze nanone ikipe...