Sunday, October 1E-mail: administration@aprfc.rw
Shadow

News

APR FC isoje imyitozo ya nyuma mbere yo guhura na Etincelles FC ku munsi w’ejo ku cyumweru

News
Ikipe ya APR FC isoje imyitozo ya nyuma mbere yo guhura na Etincelles FC mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa 13 wa shampiyona ku munsi w’ejo ku cyumweru kuri sitade Umuganda 15H30. Abakinnyi bose 21 umutoza Petrovic yahagurukanye bakaba bakoze iyi imyitozo ya nyuma usibye abatazanye n’ikipe kubera uburwayi barimo; Nkizingabo Fiston urwayi imitsi yo mukuguru, Emery Mvuyekure na Tuyishime Eric bombi bafite ikibazo cy’umutsi wo mu itako, Nshuti Dominique Savio utemerewe gukina imikino ibanza. APR FC ikaba yakoreye imyitozo ku kibuga cya sitade Umuganda ari naho izakiniraho ku munsi w’ejo. Kapiteni Mugiraneza akaba yatubwiye ko biteguye neza uyu mukino ati: umukino tuwiteguye neza Etincelles ni ikipe nziza ifite n’umutoza mwiza gusa icyo nakubwira n’uko twifuza cyane aya manota atatu rwose...

APR FC yerekeje mu karere ka Rubavu

News
Ikipe ya APR FC irahaguruka i Kigali uyu munsi saa tatu (09H00) yerekeza mu karere ka Rubavu ari naho izakinira na Etincelles FC umukino w’ikirarane w’umunsi wa 13 wa shampiyona ku munsi w’ejo ku cyumweru kuri sitade Umuganda15H30. Usibye abakinnyi bari mu ikipe y'igihugu y'abatarengeje imyaka 20: Songayingabo Shaffi, Nyirinkindi Saleh na Byiringiro Lague ndetse n'abari mu mvune nka; Nkizingabo Fiston urwayi imitsi yo mukuguru, Emery Mvuyekure na Tuyishime Eric bombi bafite ikibazo cy’umutsi wo mu itako, Sugira na Abouba bombi bamaze igihe barwaye, Nshuti Dominique Savio utemerewe gukina imikino ibanza ya shampiyona, abandi bose basigaye 21 akaba aribo APR FC ihagurukanye i Kigali ikazakuramo 18 iziyambaza mu mukino bazakina na Etincelles ku munsi w'ejo. APR FC ikaba yari ifite imiki...

APR FC yagabanye na Espoir amanota nyuma yo kunganya 1-1

News
Ikipe ya APR FC yakuye inota rimwe kuri Espoir FC nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 15 wa shampiyona, umukino wakiniwe kuri sitade ya Kigali kuri uyu wa Gatatu. Uyu mukino watangiye ukerereweho iminota 10 yose, umukino waje gutangira ikipe ya APR FC yatangiye ubona ko irusha Espoir ndetse inayataka cyane kuko bayirushaga guhererekanya umupira neza, APR ibona uburyo bwinshi kandi bwiza gusa kububyaza umusaruro biranga. Guhusha ibitego kwa basore ba Petrović, byaje kuba nk'amahirwe kuri Espoir kuko ku munota wa 31 yabonye uburyo bwiza maze ntibazuyaza babubyaza umusaruro binatuma bajya kuruhuka Espoir iri imbere n'igitego cyayo 1-0. Igice cya kabiri, APR FC yagitangiye ikora impinduka, Rukundo Denis asimburwa na Issa Bigirimana, APR FC nabwo itangira yat...

APR FC isoje imyitozo ya nyuma mbere yo guhura na Espoir ku munsi w’ejo kuwa gatatu

News
Ikipe ya APR FC isoje imyitozo ya nyuma mbere yo guhura na Espoir mu mukino w’ikirarane w'umunsi wa 15 wa shampiyona ku munsi w'ejo kuwa gatatu kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo 15H30. Abakinnyi batakoze iyi imyitozo ya nyuma kubera uburwayi barimo; Nkizingabo Fiston ugendera ku mbago urwayi imitsi yo mukuguru, Emery Mvuyekure na Tuyishime Eric bombi bafite ikibazo cy'umutsi wo mu itako, Hakizimana Muhadjili urwaye umugongo, Nshuti Dominique Savio urwaye ibicurane ndetse akaba atemerewe gukina imikino ibanza cyo kimwe na Byiringiro Lague wabanje gukinira Intare FC mu cyiciro cya kabiri. APR FC ikaba ifite imikino itatu y'ibirarane ya shampiyona, umukino wa mbere w'umunsi wa 15 izawukina ejo kuwa gatatu na Espoir, umukino wa kabiri w'umunsi wa 13 igomba kuzasura Etincelles FC kur...

APR FC n’Intare FC ni bo biganje mu ikipe y’Amavubi U 20 yahamagawe

News
Abatoza b’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 barangije gushyira hanze abakinnyi 30 bazakuramo abo bazakoresha ku mukino wo gushaka itike yo kujya mu gikombe cya Afurika bazahuriramo na Kenya tariki ya 1 Mata 2018. Mu ikipe yahamagawe ikaba yiganjemo abakinnyi bakina mu cyiciro cya kabiri cyane cyane mu ikipe y’Intare isanzwe ari ishuri rya ruhago rya APR FC . Abakinnyi bahamagawe ba APR FC 1.Shaffy Songayingabo (APR), 2.Prince Buregeya (APR) 3.Saleh Nyirinkindi (APR) 4.Lague Byiringiro (APR) Abakinnyi bahamagawe B'Intare za APR FC 1.Govin Nshimiyimana (Intare) 2.Felicien Hakizimana (Intare) 3. Clement Niyigena (Intare) 4.Jacob Byukusenge (Intare) 5.Charles Nyandwi (Intare) 6.Emmanuel Uwimana (Intare) 7.Protais Sindambiwe (Intare) 8.Gilbert...

Football: APR FC 2-1 DJOLIBA (amafoto)

News
Akazi ka Bizimana Djihad wagize uruhare mu bitego bibiri APR FC yatsinze Djoliba Athletic Club yo muri Mali na bagenzi be ntabwo kari gahagije ngo ikipe yabo ikomeze mu kiciro gikurikiraho cya Total CAF Confederation Cup 2018. Basezerewe kubera igitego binjirijwe muri Mali. Abakinnyi bari babanje mu kibuga ku mpande zombi: APR FC: Kimenyi Yves, Rugwiro Herve, Mugiraneza Jean Baptiste, Bizimana Djihad, Hakizimana Muhadjili, Iranzi Jean Claude, Buregeya Prince Aldo, Imanishimwe Emmanuel, Ombolenga Fitina, Bigirimana Issa na Nshuti Dominique Savio. Djoliba AC: Adama Keita (GK), Siaka Bgayoko, Emile Kone, Aboulaye Diaby, Mamoutou Kouyate, Oumar Kida, Mamadou Cisse, Seydou Diallo (C), Naby Soumah, Cheikh Niang na Boubacar Traore. ...
U Rwanda rugiye kwakira inama nkuru y’ubuyobozi bwa FIFA

U Rwanda rugiye kwakira inama nkuru y’ubuyobozi bwa FIFA

News
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ritangaza ko inama y’ubuyobozi yaryo izabera mu Rwanda tariki ya 25 na 26 Ukwakira uyu mwaka. Ibi bije nyuma y’aho Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, rigaragarije FIFA icyo cyifuzo cyo kwakira iyo nama. Muri Gashyantare uyu mwaka, Umuyobozi wa FERWAFA, Nzamwita Vincent de Gaulle, yabwiye IGIHE ko ibiganiro byo kuba u Rwanda rwakwakira iyi nama byatangiye ubwo yahuraga na Perezida wa FIFA Gianni Infantino mu isozwa ry’igikombe cya Afurika cya 2017 cyabereye muri Gabon. Nzamwita yavuze ko kwakira iyi nama byaba biri mu rwego rwo kugaragaza isura nziza y’igihugu ku buryo n’iyo nta mafaranga y’ikirenga yayivamo ariko byatanga amahirwe ko ubutaha rwakwakira n’inama y’ikirenga ya FIFA ishorwamo hafi miliyoni 15 z’ama...

APR FC iratangira gukina imikino y’ibirarane kuri uyu wa Gatatu

News
Ikipe ya APR FC irakurikizaho gahunda yo gukina imikino y’ibirarane nyuma yo gusezererwa na Djoliba AC mu mikino Nyafurika. Kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Werurwe 2018 iratangira ikina na Espoir FC kuri sitade ya Kigali saa cyenda n’igice (15h30’), umukino wagombaga gukinwa ku munsi wa 15 wa shampiyona. Umukino wa kabiri w’ikirarane, APR FC igomba kuzasura Etincelles FC kuri sitade Umuganda saa cyenda n’igice  (15h30’), umukino uzakinwa ku Cyumweru tariki 25 Werurwe 2018. Nyuma y’iminsi itatu gusa, tariki 28 Werurwe 2018 nibwo ikipe ya APR FC izasura Gicumbi FC ku kibuga cy’i Gicumbi  kuwa Gatatu w’icyumweru gitaha. Nyuma nibwo APR FC izatangira gukina imikino y’ibirarane inakomeza gukina imikino ya 1/6 cy’igikombe cy’Amahoro 2018.  Kuwa 31 Werurwe 2018 nibwo APR FC izakina na G...