Sunday, October 1E-mail: administration@aprfc.rw
Shadow

Author: Uwihanganye Hardi

APR FC YAKOREYE IMYITOZO YA NYUMA KU KIBUGA IZAKINIRAHO (AMAFOTO)

APR FC YAKOREYE IMYITOZO YA NYUMA KU KIBUGA IZAKINIRAHO (AMAFOTO)

News
APR FC yakoreye imyitozo ya nyuma ku kibuga cya Stade ya Kigali, aho igomba gukinira na AS Kigali umukino w’ikirarane cy’umunsi wa gatandatu (6) wa shampiyona, ukazakinwa kuri uyu wa kane tariki ya 8 Ukuboza 2022. Ni umukino APR FC yiteguye neza kandi igomba gutsinda, dore ko maze imikino itatu idatsinda n’ubwo itanatsindwa, mu gihe AS Kigali yo iheruka gutsinda Kiyovu Sports ibitego 4-2. Abakinnyi ba APR FC bose bameze neza nk’uko bigaragara mu myitozo, ndetse ngo biteguye gutanga ibyo bifitemo byose kugirango bahe ibyishimo abafana badashidikanya ko bazaba ari benshi. APR FC yaherukaga mu kibuga kuwa 02 Ukuboza 2022, ubwo yanganyaga 0-0 na Gasogi United. Kugeza ubu APR FC iri ku mwanya wa 4 n’amanota 20, aho ikurikira Kiyovu Sports ifite amanita 21, AS Kigali ikaba iya k...
MU KIBUGA BASOJE KWITEGURA GASOGI UNITED FC (AMAFOTO)

MU KIBUGA BASOJE KWITEGURA GASOGI UNITED FC (AMAFOTO)

News
Abakinnyi ba APR FC basoje imyiteguro yo mu kibuga, aho bitegura gukina na Gasogi United FC kuri uyu wa gatanu tariki ya 2 Ukuboza 2022 mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona. Ni umukino uzaba utoroshye, kuko ushobora no gusiga iyi kipe y’ingabo yisubije umwanya wa mbere umaze iminsi usimburanwaho na Kiyovu Sports na Rayon Sports. Uroye abakinnyi bose ba APR FC bameze neza, ndetse akanyamuneza ni kose mbere yo guhura n’iyi kipe iheruka mu kibuga itsinda Kiyovu Sports ibitego 3-1. Umukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona APR FC yawukinnye na Mukura VS&L maze banganyiriza 0-0 kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye. ...
‘MORALI NI FULL’ MU MYITOZO YA NYUMA MBERE YO KWEREKEZA I HUYE (AMAFOTO)

‘MORALI NI FULL’ MU MYITOZO YA NYUMA MBERE YO KWEREKEZA I HUYE (AMAFOTO)

News
Akanyamuneza ni kose mu bakinnyi ba APR FC bakoze imyitozo ya nyuma kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26/11/2022, mbere y'uko bahaguruka i Shyorongi berekeza i Huye, aho bagiye gukina umukino w'umunsi wa 11 wa shampiyona. Ni umukino iyi kipe y'ingabo z'igihugu igomba kwakirwamo na Mukura VS&L kuri Stade mpuzamahanga ya Huye kuri iki cyumweru tariki ya 27/11/2022 saa cyenda z'igicamunsi. Ni umukino abakinnyi ba APR FC biteguye guha ibyishimo abakunzi ba APR FC bazaza kubashyigikira, dore ko umukino uheruka bari baje ku bwinshi ariko ibyishimo byabo bikaza kuzamo kidobya ubwo Kiyovu Sports yishyuraga igitego ku munota wa 85, umukino ukarangira amakipe yombi anganyije. Biteganyijwe ko APR FC ihaguruka i Shyorongi kuri iki gicamunsi yerekeza i Huye, aho iza kurara mu rwego rwo ...
APR FC YASOJE IMYITOZO ITEGURA UMUNSI WA 10 WA SHAMPIYONA (AMAFOTO)

APR FC YASOJE IMYITOZO ITEGURA UMUNSI WA 10 WA SHAMPIYONA (AMAFOTO)

News
APR FC yasoje imyiteguro y’umunsi wa 10 wa shampiyona, aho igomba gukina na Kiyovu Sports iyoboye by’agateganyo urutonde rwa shampiyona.Ni umukino APR FC yiteguye nk’uko yitegura indi mikino yose ikomeye, ariko hakabaho akarusho ko kuzirikana ko ‘Ushaka igikombe atsinda abagihabwaho amahirwe bose”, kandi iyi kipe y’ingabo z’igihugu Intego ni ugutwara igikombe cya shampiyona.Imyitozo yo kuri uyu wa kabiri ari na yo ya nyuma mbere yo guhura na Kiyovu Sports yagaragayemo abakinnyi bose ba APR FC, barangajwe imbere na ba Kapiteni ba yo Manishimwe Djabel na Buregeya Prince.Uroye abakinnyi bose ba APR FC barakeye mu maso kandi bambariye urugamba, bityo abafana barasabwa kuza ari benshi na bo bagashyiraho akabo bakabashyigikira bityo Umurava ugatanga Intsinzi.APR FC yaherukaga mu kibuga ku i...
Ubuyobozi bwa APR FC bwanyomoje amakuru mahimbano

Ubuyobozi bwa APR FC bwanyomoje amakuru mahimbano

News
Ubuyobozi bwa APR FC bwanyomoje amakuru mahimbano avuga iby'itumizwa ry'inama y'igitaraganya. Ni amakuru yacicikanye mu bitangazamakuru bitandukanye, avuga ko hatumijwe inama y'igitaraganya ngo yige ku bibazo muri APR FC, nyamara Ubuyobozi bwo bukaba butayizi. Umuvugizi w'agateganyo wa APR FC, Tony Kabanda yatangaje ko ibyo ari ibihuha, bigamije gutesha umurongo w'intsinzi iyi kipe y'ingabo z'igihugu irimo, cyane ko irimo kurya isataburenge amakipe ayiri imbere ku rutonde rwa shampiyona. Yakomeje avuga ko nta nama yabaye nk'uko byatangajwe na bimwe mu bitangazamakuru, cyane ko nta bibazo bidasanzwe biri muri APR FC byatuma hatumizwa inama y'igitaraganya. Ubuyobozi bwa APR FC burasaba abafana kwima amatwi ibihuha, bagakomeza gushyigikira ikipe yabo kugirango ikomeze kwesa i...
IMYITEGURO Y’UMUNSI WA 10 WA SHAMPIYONA IRARIMBANYIJE (AMAFOTO)

IMYITEGURO Y’UMUNSI WA 10 WA SHAMPIYONA IRARIMBANYIJE (AMAFOTO)

News
APR FC ikomeje imyiteguro y'umukino w'umunsi wa 10 wa shampiyona ugomba kuyihuza na Kiyovu Sports kuwa 23 Ugushyingo 2022, uyu ukaba ari umukino ukomeye, ushobora no kugira uruhare mu kugira aho werekeza amahirwe y'igikombe cya shampiyona. Kuri uyu wa kabiri ikipe y'ingabo z'igihugu yakoze imyitozo nyuma yo kuva mu kirihuko bari bahawe, ni imyitozo itari kugaragaramo abakinnyi bahamagawe mu ikipe y'igihugu ariko ikaba  ari imyitozo yagaragayemo Kapiteni w'iyi kipe Manishimwe Djabell ukubutse mu bihano. Kuri ubu iyi kipe irakomeza imyitozo ikomeye  itegura umukino wa shampiyona ugomba kuyihuza n'ikipe ya Kiyovu Sports. Amafoto yaranze imyitozo yo kuri uyu wa gatatu ...
Amafoto: APR F.C yitegura Sunrise FC yakoze imyitozo ya nyuma

Amafoto: APR F.C yitegura Sunrise FC yakoze imyitozo ya nyuma

News
Nyuma yo kwegukana amanota atatu mu mukino wayihuje n'ikipe ya Gorilla FC ikipe y'ingabo z'igihugu yakoze imyitozo ya nyuma yitegura umukino ugomba kuyihuza n'ikipe ya Sunrise FC kuri iki Cyumweru. Ni imyitozo yakorewe i Shyorongi kuri sitade ikirenga aho iyi kipe isanzwe ikorera imyitozo yayo, ikaba ari imyitozo yakoreshejwe n'umutoza Ben Moussa Abdessatar ari kumwe na Pablo Morćhon ushinzwe kongerera ingufu abakinnyi ndetse na Mugabo Alexis utoza Abazamu. Kuri ubu abakinnyi bose bameze neza biteguye gutsinda Sunrise FC bitanga amahirwe yo gukomeza kwegera amakipe ari imbere , ni umukino utegerejwe kuri iki Cyumweru kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo ku isaha yi saa cyenda zuzuye (15h00) ...
Amafoto: Intego ni ugutsinda Gorilla kuri iki cyumweru

Amafoto: Intego ni ugutsinda Gorilla kuri iki cyumweru

News
Nyuma yo kuva i Rusizi ikipe ya APR F.C yahise ikomeza imyitozo kuri uyu wa Gatanu ndetse no kuwa Gatandatu. Kuri ubu APR F.C yakoze imyitozo ya nyuma yitegura umukino ugomba kuyihuza N'ikipe ya Gorilla FC kuri iki Cyumweru. Ni imyitozo yakorewe i Shyorongi kuri stade ikirenga aho iyi kipe isanzwe ikorera imyitozo yayo, ikaba ari imyitozo yakoreshejwe n'Umutoza Ben Moussa Abdessatar ari kumwe na Pablo Morćhon ushinzwe kongerera ingufu abakinnyi ndetse na Mugabo Alexis utoza abazamu. Kuri ubu abakinnyi bose bameze neza biteguye gutsinda Gorilla mu mukino utegerejwe kuri iki Cyumweru kuri stade ya Kigali i Nyamirambo ku isaha yi saa kenda zuzuye (15h00)
APR FC yakoreye imyitozo  i Rusizi

APR FC yakoreye imyitozo  i Rusizi

News
Ikipe ya APR FC irabarizwa mu Karere ka Rusizi aho yakoreye imyitozo kuri sitade izakirirwaho na Espoir FC kuri uyu wa kane tariki ya 03/11/2022 saa cyenda (15h00). Ni imyitozo yakoreshejwe n'Umutoza Ben Moussa Abdessatar ari kumwe n'ushinzwe kongerera ingufu abakinnyi Pabro Morçhon  ndetse n'Umutoza w'abanyezamu, Mugabo Alex. APR FC yaherukaga i Rusizi tariki 7 Gicurasi 2022 ubwo yatsindaga ikipe ya Espoir FC ibitego bitatu kuri bibiri. Amafoto yaranze imyitozo ya nyuma: Tuyizere Jean Luc, umwe mu Banyezamu APR FC yajyanye i Rusizi ISHIMWE Pierre na we ameze neza Nsengiyumva Irshad 'Parfait' akanyamuneza ni kose nyuma y'urugendo rw'amasaha atari make BYIRINGIRO Gilbert 'Tiote' na we ameze neza, ngo intego ni ugutsinda MUGUNGA Yves, umwe muri ba Rutahizamu ba...
Amafoto: APR F.C yitegura umukino wa gicuti kuri uyu wa Kane yakoze imyitozo ya nyuma

Amafoto: APR F.C yitegura umukino wa gicuti kuri uyu wa Kane yakoze imyitozo ya nyuma

News
Kuri uyu wa Gatatu ikipe y'ingabo z'igihugu yakomeje imyitozo ikaba ari nayo ya Nyuma itegura umukino wa gicuti kuri uyu wa Kane ugomba kuyihuza n'ikipe ya Bugesera. Ni imyitozo ikomeje gukoreshwa n'umutoza w'ungurije ati we Ben Moussa  dore ko umutoza mukuru akiri mu bihano yahawe n'Ubuyobozi bw'iyi kipe  n'imyitozo yakozwe n'abakinnyi bose uretse Kapiteni w'iyi kipe Manishimwe Djabell dore ko nawe yahawe bihano agomba kumaramo ukwezi. Umukino wa Gicuti ugomba guhuza APR F.C na Bugesera FC uteganyijwe kuri uyu wa kane kuri sitade ya Kigali Inyamirambo Ku isaha yi saa kenda zuzuye(15h00) Amafoto yaranze imyitozo y'uyu munsi ...