Sunday, October 1E-mail: administration@aprfc.rw
Shadow

Author: admin

Tugarutse hano kubashimira Gen: James Kabarebe

Tugarutse hano kubashimira Gen: James Kabarebe

News
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Nzeri 2022 umuyobozi mukuru w'icyubahiro wa APR F.C Gen James  Kabarebe ari kumwe na Chairman wayo Lt Gen MK MUBARAKH basuye ikipe aho baje gushimira uko yitwaye ubwo yakinaga n'ikipe ya US Monastir no kubaha impanuro mbere yo kwerekeza muri Tunisia. Mbere y'uko APR F.C yerekeza mu karere ka Huye gukina umukino ubanza wa CAF Champions League Umuyobozi w'Icyubahiro wa APR F.C yahaye impanuro abakinnyi b'iyi kipe ndetse ibyo yabasabye baje kubyubahiriza batsinda kipe ya US Monastir igitego kimwe ku busa, Kuri uyu wa mbere akaba yari yagarutse kubashimira uko bitwaye anabibutsa ko bakibakeneye mu mukino wo kwishyura.  Lt Gen MK MUBARAKH yabanje guha ikaze abari bahari, akomeza ashimira uko ikipe yitwaye anaboneraho guha ...
APR FC itsinze US Monastir

APR FC itsinze US Monastir

News
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC yakinaga umukino wayo ubanza wa CAF Champuons League na US Monastir aho umukino urangiye ikipe ya APR FC yegukanye intsinze y'igitego 1-0. Ni umukino wabereye kuri stade mpuzamahanga ya Huye yo mu karere ka Huye ni umukino watangiye ku isaha ya saa cyenda zuzuye (15h00) igitego cya APR FC cyatsinzwe na Mugunga Yves ku munota wa 15' ari nacyo gitego kimwe rukumbi muri uwo mukino. Ikipe y’ingabo z’igihugu ikaba izasubira mu kibuga tariki 18 Nzeri aho izaba ikina umukino wo kwishyura wa CAF champions League aho izakirwa n'ikipe ya US Monastir umukino uzabera mu gihugu cya Tunisia.
Amafoto: APR F.C yakoze imyitozo ya nyuma yitegura US Monastir

Amafoto: APR F.C yakoze imyitozo ya nyuma yitegura US Monastir

News
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu nibwo ikipe ya APR F.C yakoze imyitozo ya nyuma mbere yo gucakirana na US Monastir yo muri Tunisia. Ni imyitozo yakoreshejwe n'umutoza mukuru Erradi Mohammed Adil wamaze no guhabwa uburenganzira bwo gutoza imikino ya Caf. APR F.C irakirira US Monastir mu karere ka huye Kuri Sitade Mpuzamahanga ya Huye kuri uyu wa Gatandatu guhera ku isaha yi saa Kenda zuzuye (15h00) naho umukino wo kwishyura utegerejwe tariki 18 Nzeri 2022 muri Tunisia mu Mugi wa Monastir Amafoto yaranze imyitozo ya nyuma:
Erradi Mohammed Adil yemerewe gutoza imikino ya CAF

Erradi Mohammed Adil yemerewe gutoza imikino ya CAF

News
Ikipe ya APR FC iri kwitegura imikino mpuzamahanga ya CAF Champions League igomba gutangira kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Huye yakira ikipe ya US monastir yo muri Tunisia. Kuri ubu umutoza w'iyi kipe yamaze kwemererwa gutoza iyi mikino ni nyuma y'igihe atemererwa kuyitoza. Kuri ubu yiteguye gutanga ibishoboka byose ngo atahukane intsinzi muri iyi mikino dore ko iyi kipe yagiye agorwa no kuba itarifite umutoza  mukuru ,kubona ibyangombwa byo gutoza abakinnyi be ku ruhando rw'amahanga bikaba  bigiye kongera imbaraga zisumbuyeho ku bakinnyi bitegura iyi mikino nyafurika. APR FC irakira US Monastir kuri uyu wa Gatandatu kuri Sitade Mpuzamahanga ya Huye ku isaha yi saa Kenda zuzuye 15h00
Mbizeyeho intsinzi kuwa Gatandatu kuko murashoboye Gen: James Kabarebe

Mbizeyeho intsinzi kuwa Gatandatu kuko murashoboye Gen: James Kabarebe

News
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Nzeri 2022 nibwo ikipe y'Ingabo z'Igihugu yakomezaga imyitozo yitegura umukino wa CAF Champions League ugomba kuyihuza n'ikipe ya US Monastir yo muri Tunisia. Ni imyitozo yakurikiwe n'Umuyobozi w'Icyubahiro Wa APR F.C Gen James Kabarebe Wanagize impanuro abagenera mbere yo kwerekeza mu karere ka Huye aho igiye gukomereza umwiherero. Mu mpanuro yabageneye yongeye kubibutsa ko ari abakinnyi beza bitezweho byinshi kuko byose babifite kandi ko nk'ikipe ikinamo abanyarwanda bagomba kubyerekana batsinda kuri uyu wa Gatandatu. Yagize ati" Ntabintu byinshi nshaka kuvuga uyu munsi kuko ndabizera cyane nziko mushoboye kuko ahenshi  mugenda munyura murabigaragaza Abanyarwanda tubitezeho byinshi kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka ...
APR F.C yatanze ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Gasabo

APR F.C yatanze ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Gasabo

News
Kuri uyu wa Gatanu Ubuyobozi bw'ikipe y'Ingabo z'Igihugu bwatanze ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Gasabo mu murenge wa Remera Ni igikorwa cyabereye mu murenge wa Remera Ubuyobozi bwa APR F.C bwari buhagarariwe n'Umunyamabanga Michel Masabo ari kumwe n'Umuhuzabikorwa w'ungirije w'abafana ba APR F.C Rtd Col Ruzibiza Eugene. Usibye abari bahagarariye Ubuyobozi bwa APR F.C, hari n'Umuyobozi w'ungirije w'umujyi wa Kigali Urujeni Martine ushinzwe Ubukungu n'imibereho myiza y'abaturage. Mu ijambo rye Umunyabanga wa APR F.C yashimiye Ubuyobozi bwa APR F.C ku gikorwa kiza cyo gufasha abaturage bo mu Murenge wa Remera, anaboneraho kubifuriza gukomeza kwesa imihigo. Yagize ati" Mbere na mbere ndabanza gushimira cyane Ubuyobozi bwa APR F.C ku gikorwa kiza cyo gufasha abatuye mu muren...
Twongere imbaraga mubyo dukora umwana w’ Umunyarwanda ndetse na APR F.C bagere ku rwego rwiza: Lt Gen MK MUBARAKH

Twongere imbaraga mubyo dukora umwana w’ Umunyarwanda ndetse na APR F.C bagere ku rwego rwiza: Lt Gen MK MUBARAKH

News
Kuri iki Cyumweru tariki 21 Kanama nibwo Chairman wa APR F.C Lt Gen MK MUBARAKH yakiraga abagize umuryango wa APR F.C aho yabibukije gahunda ndetse n'umurongo iyi kipe igenderaho kandi ihabwa n’ ubuyobozi bw’ Ingabo z’ Igihugu RDF, ugira uti, guhugura no gutoza neza kuva k'umwana ukiri muto kugera ageze ku rwego rwo hejuru mu mupira w' amaguru. Ni ibiganiro byitabiriwe n' abayobozi ndetse n' Abatoza b'ikipe zitandukanye ziyoborwa na Minisiteri y' Ingabo. Ni inama yatangiye Chairman wa APR F.C aha ikaze abitabiriye inama nyuma yabagejejeho ingingo ziribwigirwe muri iyo nama hanareberwa hamwe ibikorwa byo kuzamura abakinnyi bakiri bato aho bigeze ndetse no kurebera hamwe icyakomeza gutuma abana bakunda umupira bakiri bato. Retired Captain Gatibito Byabuze (DT ...
Amafoto: APR F.C yakoze imyitozo ya nyuma yitegura Musanze FC

Amafoto: APR F.C yakoze imyitozo ya nyuma yitegura Musanze FC

News
Ikipe y'ingabo z'igihugu  iri kwitegura  itangira rya shampiyona ya 2022-2023 yakoze imyitozo ya nyuma yitegura umukino wa mbere ugomba kuyihuza n'ikipe ya Musanze fc. Ikipe ya APR FC nyuma yo kwegukana shampiyona  y'umwaka wa 2021-2022 kuri ubu ikomeje imyiteguro yitangira rya shampiyona igomba gutangira kuri uyu wa gatanu tariki 19 kanama 2022 yakira ikipe ya Musanze FC kuri sitade ya kigali i nyamirambo ku isaha yi saa kumi nebyiri n'igice 18h30. Kuri ubu abakinnyi ba APR F.C bose bameze neza kandi biteguye gutanga ibishoboka byose ngo bitware neza muri uyu mwaka mushya wa shampiyona. Amafoto yaranze imyitozo ya nyuma: ...
Amafoto: APR F.C isoje imyitozo ya nyuma mbere yo gukina Super Cup

Amafoto: APR F.C isoje imyitozo ya nyuma mbere yo gukina Super Cup

News
Ikipe ya APR F.C kuri ubu isoje imyitozo ya nyuma yitegura umukino ugomba kuyihuza n'ikipe ya AS Kigali kuri iki cyumweru kuri sitade ya Kigali Inyamirambo ku isaha yi saa kenda zuzuye. Ni imyitozo yakozwe n'abakinnyi bose yaba abashya ndetse n'abasanzwe muri iyi kipe ya APR F.C yitegura gutangira umwaka mushya w'imikino wa 2022-2023 Kuri ubu umutoza Erradi mohammed Adil umaze iminsi atyaza abakinnyi be kugira ngo abinjize neza mu mwaka w'imikino yaramaze iminsi akina imikino itandukanye ya gicuti ashaka abakinnyi yabanza mu kibuga nubwo avuga ko kuri we buri mukinnyi ari ingenzi mu ikipe Amatsiko ni yose ku bakunzi ba APR F.C biteguye kubona ikipe yabo isubira mu kibuga dore ko abenshi bataherukaga kuyibona ikina Abakinnyi bose bameze neza kandi biteguye gutanga imbaraga ...
APR F.C yashimye AZAM ubufatanye bwabo  banagenerwa impano

APR F.C yashimye AZAM ubufatanye bwabo banagenerwa impano

News
Ubuyobozi bw'ikipe y'Ingabo z'igihugu APR F.C bwashimiye uruganda rwa AZAM ubufatanye bwabo n'iyi kipe dore ko ubu bufatanye bumaze imyaka ibiri mu myaka ine basinyanye mu masezerano. Muri iki gikorwa Ubuyobozi bwa APR F.C bukaba bwari buhagarariwe n'Umunyabanga Michel Masabo aherekejwe na Team Manager Lt Col Rutayisire Guillaume, umubitsi Kalisa Georgine ndetse na media officer Tony Kabanda.Usibye gushimira Uruganda rwa AZAM, Ubuyobozi bwa APR F.C kandi bwanaboneyeho no kubamenyesha ko begukanye igikombe cya shampiyona bashyikirizwa imipira yo kwambara yanditseho ijambo Champions ndetse uriho n'ibirango bya APR F.C na AZAM. Amafoto yaranze iki gikorwa: