E-mail: administration@aprfc.rw

APR FC yirukanye Bukuru Christopher mu mwiherero

 

APR FC yirukanye Bukuru Christopher mu mwiherero

Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 16 Gicurasi 2021 nibwo ikipe APR FC yirukanye mu mwiherero uwari umukinnyi wayo Bukuru Christopher kubera imyitwarire mibi.

Uyu mukinnyi wo hagati asanzwe akinira Ikipe y’Ingabo APR FC ariko kubera imyitwarire mibi yagiye imuranga, akagirwa inama kenshi agakomeza kugorwa no kwikosora, Ubuyobozi bwa APR FC bwahisemo ku mwirukana mu mwiherero kugira ngo ajye kwitekerezaho.

Umuyobozi wa APR FC Maj Gen MK MUBARAK yibukije Abakinnyi kugaragaza imyitwarire myiza igihe cyose

Iki gikorwa cyabereye imbere y’abakinnyi bagenzi be ndetse na Staff, Umuyobozi wa APR FC aheraho yibutsa abakinnyi basigaye ko basabwa kugaragaza imyitwarire myiza igihe cyose. Yibutsa ko APR FC nk’ikipe y’Ingabo isabwa kuba intangarugero mu yandi ma kipe ndetse no m’umuryango Nyarwanda.

Umutoza Adil
Iki gikorwa cyabereye imbere y’abakinnyi bagenzi be ndetse na Staff

 

Leave a Reply

Your email address will not be published.