E-mail: administration@aprfc.rw

APR FC isoje imyitozo ya nyuma mbere yo guhura na Marines FC (Amafoto)

Ikirere kiza cyuzuye amahumbezi y’umujyi wa Rubavu, niho APR FC isoreje imyitozo ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere Tariki ya 21 Ukwakira, kuri Stade Umuganda mbere yo guhura na Marines FC mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda 2019-20 uzakinwa ejo Tariki ya 22 Ukwakira saa cyenda zuzuye z’igicamunsi.

Ikipe y’ingabo z’Igihugu yari ifite abakinnyi bose  uko aari 25, yatangiye iyi myitozo saa kumi ikorwa isaha imwe, ikaba yari yiganjemo igarurira abakinnyi imbaraga yakoreshejwe N’umutoza wungirije Nabyl Berkaoui ndetse n’iyo guhanahana umupira mu kibuga yayobowe n’umutoza mukuru Mohammed Adir Erradi.  Nyuma y’umunsi umwe w’ikiruhuko wari wahawe ikipe muri rusange hagendewe cyane cyane  ku bakinnyi bari bavuye mu ikipe y’igihugu Amavubi yasezereye Ethiopia mu mukino wo gushaka itike yo gukina imikino ya nyuma ya CHAN 2020, wakinwe kuwa Gatandatu kuri Stade ya Kigali.

Myugariro akaba na Kapiteni Manzi Thierry ukubutse mu ikipe y’Igihugu Amavubi yiteguye neza umukino APR FC izahuramo na Marines FC ku munsi w’ejo
Rutahizamu Mugunga Yves mu myitozo yo kuri iki gicamunsi

Myugariro Buregeya Prince ukitabwaho n’abaganga kubera imvune y’akagombambari k’ibumoso yahuriye nayo mu mukino wa mbere wa shampiyona APR FC inganya igitego 1-1 na AS Kigali kuri Stade ya Kigali Tariki ya 04 Ukwakira, ntabwo yigeze akora imyitozo ndetse na myugariro mugenzi we Mutsinzi Ange nawe wagiriye ikibazo muri uwo mukino akaba ari gukorana n’abandi n’ubwo atari yakira neza ngo abe yakwitabazwa ndetse bikaba biteganyijwe ko atazagaragara muri uyu mukino.

Mushimiyimana Mohammed ukina hagati ndetse n’inyuma mu ikipe y’ingabo z’igihugu, atangaza ko n’ubwo ikipe ya Marines bayiziho gukinisha abana bazi umupira kandi bihuta bitari bubabere imbogamizi kuko APR FC nayo ari ikipe nziza kandi ifite abatoza beza.

Yagize ati: ‘’ Ikipe imeze neza muri rusange kandi dushyize hamwe kandi twiteguye gutsinda, Marines ni ikipe nziza ifte umutoza mwiza n’abana bakiri bato bavuye mu mashuri y’umupira w’amaguru gusa twebwe nk’ikipe nkuru gahunda dufite ni ugutsinda buri mukino tugakomeza kuguma ku mwanya wa mbere.

Mushimiyimana Mohammed atangaza ko intego ari ugusubirana i Kigali amanota atatu

APR FC iri ku mwanya wa kabiri by’agateganyo n’amanota arindwi n’ibitego bine izigamye, urutonde ruyobowe na Mukura Victory Sports et Loisir n’amanota umunani ikaba izigamye ibitego bitandatu.

Rutahizamu Danny Usengimana yiteguye kongera umubare w’ibitego ngo ayobore abanyeganyeje inshundura nyinshi
Imyitozo yongera ingufu yakoreshejwe n’umutoza wungirije Nabyl Berkaoui
Myugariro Nshimiyimana Yunussu yakoranye akanyamuneza imyitozo y’uyu munsi

 

Butera Andrew ntiyagowe n’iyi myitozo nyuma y’umunsi w’ikiruhuko
Mutsinzi Ange ukitabwaho n’abaganga ntabwo arakira neza ngo yitabazwe
Nkomezi Alex akora imyitozo yongera ingufu
Buregeya Prince arakitabwaho n’abaganga nawe ntaragaruka mu kibuga
Djabel agarutse mu ikipe ye mnbere yo kwitwara neza mu ikipe y’igihugu
Ishimwe Kevin akorera imyitozo kuri Stade Umuganda mu karere ka Rubavu
Rutahizamu Nshuti Innocent yiteguye neza umukino na Marines FC
Umunyezamu Rwabugiri Umar yiteguye kwitwara neza nyuma yo kugaruka avuye mu ikipe y’igihugu
Umutoza Mohammed Adil arifuza amanota atatu yo ku munsi w’ejo ngo ahite asubira ku ntebe y’icyubahiro

 

 

Leave a Reply

Your email address will not be published.