E-mail: administration@aprfc.rw

APR FC yakoreye imyitozo  i Rusizi

Ikipe ya APR FC irabarizwa mu Karere ka Rusizi aho yakoreye imyitozo kuri sitade izakirirwaho na Espoir FC kuri uyu wa kane tariki ya 03/11/2022 saa cyenda (15h00).

Ni imyitozo yakoreshejwe n’Umutoza Ben Moussa Abdessatar ari kumwe n’ushinzwe kongerera ingufu abakinnyi Pabro Morçhon  ndetse n’Umutoza w’abanyezamu, Mugabo Alex.

APR FC yaherukaga i Rusizi tariki 7 Gicurasi 2022 ubwo yatsindaga ikipe ya Espoir FC ibitego bitatu kuri bibiri.

Amafoto yaranze imyitozo ya nyuma:

Tuyizere Jean Luc, umwe mu Banyezamu APR FC yajyanye i Rusizi
ISHIMWE Pierre na we ameze neza
Nsengiyumva Irshad ‘Parfait’ akanyamuneza ni kose nyuma y’urugendo rw’amasaha atari make
BYIRINGIRO Gilbert ‘Tiote’ na we ameze neza, ngo intego ni ugutsinda
MUGUNGA Yves, umwe muri ba Rutahizamu bahagaze neza kugeza kuri uyu munsi wa shampiyona
Amanota atatu ni yo ntego yabajyanye i Rusizi
MUGISHA Bonheur ariteguye nk’ibisanzwe gutanga isomo rya ruhago
MUGABO ALex arimo gushyushya no gutyaza Abanyezamu
NIYIGENA Clement, ukubutse mu ikipe y’igihugu Amavubi U-23 abereye Kapiteni
NSHUTI Innocent, Rutahizamu umaze kugira inararibonye muri shampiyona y’u Rwanda