E-mail: administration@aprfc.rw

AMAFOTO: Nyuma yo kugera mu mwiherero abakinnyi ba APR FC batunguye Butera Andrew bamwifuriza isabukuru nziza y’amavuko.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu Tariki 3 Ukwakira, abakinnyi ba APR FC bakigera mu mwiherero utegura umwaka w’imikino wa 2020-21, batunguye kapiteni wungirije Butera Andrew maze bamwifuriza isabukuru nziza y’amavuko y’imyaka 27 yujuje kuri uyu wa Gatandatu.

Ni umuhango wayobowe na kapiteni Manzi Thierry wari uyoboye ibi birori byatangiye saa mbiri n’igice, abakinnyi bose b’ikipe y’ingabo z’igihugu bakoresheje uburyo butandukanye bwo kwishimana n’uyu musore ukina hagati bwari bwiganjemo kumumenaho amazi.

Umutoza mukuru Mohammed Adil n’impuguke mu gutoza abanyezamu Haji Hassan Taieb bishimiye cyane kapiteni wungirije Butera Andrew wuzuzaga imyaka 27
Umutoza wungirije ndetse ushinzwe kongera ingufu Pablo Morchón, muganga Capt. Jacques Twagirayezu ndetse n’umutoza w’abanyezamu Mugabo Alex nabo bari muri ibi birori

Aganira na APR FC Website, Butera akaba yatangaje ko iki gikorwa cyamushimishije cyane dore ko atari akiteze kuko kuva yagera muri APR FC mu mwaka wa 2012 ari bwo akorewe igikorwa nk’iki na bagenzi be mu mwiherero.

Yagize ati: ”Ndishimye cyane kuba bagenzi banjye banteguriye ndetse bakankorera igikorwa nk’iki, ni ibintu ntigeze nkorerwa n’abandi bakinnyi bagiye basimburana muri iyi kipe, kuba iyi ibinkoreye ni igihamya kerekana urukundo bagenzi banjye bamfitiye, byerekana ugushyirahamwe n’ubumwe dufitanye kandi kuzatugeza ku ntego zacu kuko abashyize hamwe nta kibananira.”

”Mwibuke ko tutaratsindwa umukino n’umwe guhera Tariki 04 Ukwakira 2019 ubwo twatangiraga shampiyona y’umwaka ushize, abenshi iyo basesengura ikipe bakunze kureba mu kibuga gusa ariko iki nicyo gihamya cyerekana uko ikipe ibayeho, uko witwara hanze y’ikibuga nibyo biguha isura y’uko umukino wawe uri bugende mu kibuga. Kuba dufite ubumwe bugeze kuri uru rwego ntawe imyitwarire yo mu kibuga yagakwiye gutungura kandi iri ni itangiriro hari byinshi bitaraza.”

Myugariro Omborenga Fitina na Byiringiro Lague ufasha abataha izamu bakomeje gusiga umutsima Butera Andrew
Niyomugabo Claude yagoye cyane Butera Andew
Abakinnyi bagenzi be bishimiye cyane umunsi we w’amavuko

Butera Andrew kandi yatangaje ko muri ibi birori yatunguwe na bamwe muri bagenzi be bibamweretse urugwiro kurusha abandi harimo Niyomugabo Claude, Nizeyimana Djuma, Manzi Thierry wari umushyushyarugamba ndetse na Omborenga Fitina.

Butera yatangiranye na gahunda yo gukinisha abana b’abanyarwanda ikipe y’ingabo z’igihugu yatangiye mu mwaka wa 2012, aho yayigezemo afite imyaka 19 gusa, ni kapiteni wungirije Manzi Thierry ndetse akaba anitabazwa kenshi mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Andi mafoto yaranze ibi birori:

Nizeyimana Djuma agerageza kumena amazi kuri Butera Andrew wemeye gutuza kuko nta bundi buhungiro yari afite
Mu gihe abandi bakekaga ko byarangiye Niyomugabo Claude yikojeje hanze maze anyuza mu idirishya indobo yuzuye amazi ayamena kuri Butera Andrew, Erneste Habumugisha ”2PAC” akomeza gucinya akadiho
Claude yibasiye cyane kapiteni we
Nta mbabazi yamugiriye
Kapiteni Manzi Thierry niwe wari umushyushyarugamba

Abasigaga umutsima mu maso ya Butera biganjemo Omborenga Fitina na Byiringiro Lague ni uku basoje bamugize
Kapiteni Manzi Thierry yateraga akikirizwa n’abarimo Imanishimwe Emmanuel ”Mangwende” na Erneste Habumugisha ”2PAC”
Butera Andrew asangira na Mugunga Yves
Kapiteni Manzi Thierry n’umwungiriza we Butera Andrew basangira umutsima
Manzi Thierry niwe wagaburiye abari muri ibi birori
Umunyezamu Rwabugiri Umar yaryohewe n’umutsima yagaburiwe na Butera
Nshimiyimana Steven (ibumoso) na Erneste Habumugisha ”2PAC” (iburyo) bashinzwe ibikoresho bya APR FC ”kit managers” nabo bitabiriye ibi birori
Abakozi na Dian Fossey Hotel, APR FC icumbitsemo nabo bashimishijwe no gusangira na Butera Andrew ku munsi we w’amavuko

Leave a Reply

Your email address will not be published.