Kuwa Kabiri tariki ya 22 Ukuboza, umutoza w’ikipe y’igihugu AMvubi Mashami Vincent yahamagaye urutonde rw’abakinnyi 31 bagiye kwitegura CHAN 2020 izabera muri Cameroon guhera kuwa 16 Mutarama kugeza kuwa 7 Gashyantare 202o.
Aba bakinnyi barimo 10 ba APR FC ari bo:
Umunyezamu: Rwabugiri Umar
Ba myugariro: Kapiteni Manzi Thierry, Mutsinzi Ange, Omborenga Fitina na Imanishimwe Emmanuel.
Abakina hagati: Niyonzima Olivier Seifu na Manishimwe Djabel.
Abataha izamu: Byiringiro Lague, Usengimana Danny na Tuyisenge Jacques.

Ku rutonde rw’agateganyo kandi rugomba gutegereza yahamagayeho babiri ba APR FC ari bo Ruboneka Jean Bosco ukina hagati ndetse na Niyomugabo Claude ukina inyuma ku ruhande rw’ibumoso.
Amavubi azatangira umwiherero ku wa Kane tariki ya 24 nyuma yo gupimwa COVID-19 uyu munsi ku wa Gatatu.
U Rwanda rugiye kwitabira shampiyona y’abakina imbere mu gihugu ku nshuro ya kane harimo iryo rwakiriye muri 2016.










ampicillin 200 mg