E-mail: administration@aprfc.rw

Umutoza mukuru n’umufasha we bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru ya Byiringiro Lague

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu Tariki 30 Ukwakira, umutoza mukuru wa APR FC Mohammed Adil Erradi n’umufasha we bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru ya rutahizamu Byiringiro Lague wari wujuje imyaka 20.

Ni ibirori byabereye mu mwiherero wa APR FC i Shyorongi ahagana saa tatu zuzuye z’umugoroba, ubwo abakinnyi ndetse n’abandi bakozi b’ikipe y’ingabo z’igihugu batunguraga Byiringiro Lague wujuje imyaka 20 Tariki 25 Ukwakira, bamumenaho amazi ndetse baramuririmbira nk’uko basanzwe babikorera abandi bizihiza iminsi y’amavuko yabo.

Niyomugabo Claude usanzwe yibasira abagize amasabukuru ntiyatanzwe no kucya Byirigiro Lague
Ibyishimo byari byose kuri Imanishimwe Emmanuel na Nshuti Innocent bari biteguye kurya umutsima

Nyuma y’ibi birori rutahizamu Byiringiro Lague yatangaje ko ari igikorwa cyamushumishije cyane kuko atari abyiteze dore ko yari arangije gufata amafunguro ya nimugoroba agiye kuryama.

Yagize ati: ”Byanshimishije cyane kubona bagenzi banjye baragize iki gitekerezo cyo kuntungura, ni ubwa kabiri bimbayeho kandi izo nshuro zombi babinkoreye ndi mu mwiherero. Ni ibintu byerekana ubumwe dufitanye kuko ku nshuro ya mbere n’ubundi nabikorewe n’iyi kipe twatangiye gukinana umwaka ushize navuga ko yari nshya, bihita biguha itandukaniro riri hagati yayo n’abandi bagiye baca hano.”

”Abantu baba bateye ukuntu gutandukanye, iyi kipe dufite ubu buri umwe aba azi icyo mugenzi we akunda kandi agaharanira kugikora kugira ngo amushimishe, iyayibanjirije ntabwo byabagaho, ntabwo twaganiraga cyane ngo twisanzure mbese wabonaga nta rukundo ruri hagati muri twe nk’ururanga iyi. Nicyo kidushoboza no kwitwara neza mu kibuga kuko biba byahereye hanze yacyo.”

Umunyezamu Ahishakiye Herithier amena amazi kuri Byiringiro wari wavutse
Abonye ko amubanye menshi yageze aho amusaba imbabazi naho Itangishaka Blaise yaturutse inyuma
Nyuma ya Blaise, na Nsanzimfura Keddy ntiyamworoheye

Byiringiro akaba yashimiye umutoza Mohammed Adil n’umuryango we witabiriye ibirori byamukorewe.

Yagize ati: ”Ni ibintu byo kwishimira cyane kubona umutoza yazanye n’umuryango we kwishimana nanjye, byerekana urukundo n’agaciro aha abakinnyi be n’ikipe muri rusange, ndamushimira cyane.”

Yasanze umutoza mukuru n’umufasha we aho bari bahagaze maze abahereza umutsima
Batangajwe n’ibyamukorewe
Baryohewe n’umutsima bagaburiwe na Lague

Byiringiro Lague yerekeje muri APR FC muri 2018 avuye mu Intare FC yo mu cyiciro cya kabiri, uyu ukaba ari umwaka wa gatatu akina mu ikipe y’ingabo z’igihugu yanafashije kwegukanamo ibikombe bitatu.

Andi mafoto yaranze ibi birori:

Amacupa y’amazi yacicikanaga mu kirere agana kuri Lague
Nsanzimfura Keddy ntiyahaye agahenge Lague wari wavutse
Mu gihe bagenzi be bose bari bamutereranye, Habumugisha Erneste ”2PAC” ushinzwe imicungire y’ibikoresho by’ikipe yahise ahasesekara atangira kumucurangira umuduri
Isura ya Byiringiro Lague
Lague yitegereza Niyomugabo wamubwiye ko agiye kubika amazi ari bumumeneho bamaze kurya umutsima
Ni nako byaje kugenda
Byari ibyishimo kuri Niyomugabo wigaragaje cyane muri ibi birori
Imanishimwe Emmanuel niwe wagaburiraga abari bitabiriye ibi birori
Byiringiro ahereza umutsima inzobere mu gutoza abanyezamu Haji Hassan Taieb
Uhereye ibumoso: Umutoza w’abanyezamu Mugabo Alex, muganga w’ikipe Capt Twagirayeza Jacques ndetse n’inzobere mu gutoza abanyezamu Haji Hassan Taieb
Byari ibyishimo kuri Usengimana Danny na Nshuti Innocent basangiraga na Byiringiro Lague
Usengimana Danny atamika Lague umutsima
Rutahizamu Byiringiro asangira na Ruboneka Jean Bosco ukina hagati
Umunyezamu Ishimwe Jean Pierre asangira na Byiringiro Lague
Byiringiro Lague asangira na rutahizamu Tuyisenge Jacques watuje cyane muri ibi birori
Ifoto y’urwibutso hamwe na Ngabonziza Gylain
Myugariro w’iburyo Ndayishimiye Dieudonne yashimishijwe cyane n’ibirori
Na Mutsinzi Ange yari ahabaye

Leave a Reply

Your email address will not be published.