E-mail: administration@aprfc.rw

Omborenga Fitina: Ikipe dufite ubu niyo ikomeye maze kubona kuva nagera muri APR FC


Myugariro w’iburyo wa APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi Omborenga Fitina, atangaza ko ikipe yavuguruwe nyuma y’umwaka w’imikino wa 2018-19 ari yo nziza ikipe y’ingabo z’igihugu zagize kuva yayigeramo muri 2017 akurikije uburyo yitwara haba mu kibuga ndetse no hanze yacyo.

Uyu myugariro ibi yabitangaje mu kiganiro twagiranye ubwo yari abajijwe ikibazo cyo kugereranya ubukaka bw’amakipe ya 2019-20 ndetse n’iyayibanjirije ikanatwara ibikombe bitatu harimo na shampiyona ya 2019-20 idatsinzwe.

Yagize ati: ”Biratandukanye cyane yaba mu buryo bw’imyumvire mu kibuga ndetse no hanze yacyo kandi ni abakinnyi bakiri bato mu kigero kimwe ndetse b’abahanga kuri umwe ku giti cye, ibintu byinshi byarahindutse haba ku bakinnyi, abatoza b’abahanga, ubu urwego biriho ni rwiza cyane rutigeze rubaho kuva nagera ahang’aha, navuga ngo iyi niyo APR FC ikomeye maze kubona kuva nayigeramo.”

”N’ubuyobozi ukuntu buba hafi y’ikipe ni ibintu byiza cyane binatera imbaraga abakinnyi bari mu ikipe, kuko tuba twumva ko nta mukino tugomba gutakaza ndetse nta kipe yo mu Rwanda igomba kudutsinda bitewe n’uko abayobozi bamaze kudushyiramo icyo cyizere byatumye imyumvire ihinduka, ugiye mu kibuga wese n’iyo yaba ari umukinnyi ukiri muto ukizamuka avuye mu Intare FC aba yumva ko nta kipe igomba kudutsinda. Nicyo cyizere dufite kurusha ibindi byose kandi tugihabwa n’abayobozi bacu.”

Omborenga ni umwe mu nkingi za mwamba za APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu
Omborenga atangaza ko mu bagejeje APR FC ku ntego zayo harimo n’abatoza beza barangajwe imbere na Mohammed Adil Erradi

Omborenga Fitina yageze muri APR FC mu mwaka wa 2017 avuye muri Topvar Topoľčany yo muri Slovakia, akaba ari umukinnyi uhozaho ndetse n’inkingi ya mwamba ya APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi. Akaba yarafashije APR FC kwegukana ibikombe bitatu mu mwaka wa shampiyona ya 2019-20 ari byo igikombe cya gisirikare, igikombe cy’intwari ndetse n’icya shampiyona ya 2019-20 idatakaje umukino n’umwe.

Yambitswe umudali ubwo APR FC yegukanaga igikombe cy’intwari ctya 2020
Atangaza ko ubuyobozi bwa APR FC bwashyizemo abakinnyi icyizere cyo kudatsindwa umukino n’umwe n’ikipe yo mu Rwanda
Ni umwe mu bafashije APR FC kwegukana igikombe cy’intwari cya 2020
Yari muri Kenya ndetse afasha APR FC yari ihagarariye RDF yegukanaga igikombe cya Military Games muri Nzeri 2019

Leave a Reply

Your email address will not be published.