E-mail: administration@aprfc.rw

Etincelles FC yaraye i Shyorongi, ikibuga kimeze neza: Amakuru mbere y’umukino wa gicuti

 

Umukino wa gicuti APR FC yakiriyemo Etincelles FC ejo ku Cyumweru tariki ya 15 Ugushyingo saa cyenda na mirongo ine n’itanu, wahagaritswe n’imvura ku munota wa kane gusa biba ngombwa ko usubikwa ugakinwa uyu munsi kuwa Mbere saa yine za mu gitondo.

APR FC yahisemo gucumbikira Etincelles FC muri Diasn Fossey Hotel, hirindwa urugendo rurerure yari gukora isubira i Rubavu ndetse no kuba habaho ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 dore ko yari yapimwe kuwa Gatandatu kugira ngo izakine uyu mukino abakinnyi bose bameze neza.

Mu gitondo nyuma y’amafunguro, bamwe mu bakinnyi b’iyi kipe bakaba bakinnye imikino itandukanye mu buryo bwo kuruhuka mbere y’uko bamanuka ku kibuga nacyo cyakamutsemo amazi yari yuzuye ku mugoroba wo ku Cyumweru.

APR FC na Etincelles FC amakipe yombi yacumbikiwe muri Dian Fossey Hotel i Shyorongi
Umuutoza mukuru wa Etincelles FC umwongereza Calum Haun Selby afata amafunguro ya mu gitondo

Kapiteni wa Etincelles FC, Nshimiyimana Abdoul akaba yatangaje ko bakiriye neza igitekerezo cyo kurara i Shyorongi ndetse ko bahagiriye ibihe byiza.

Yagize ati: ”Twe twumvaga ko dushobora gutaha, ariko byaje kudutungura batubwiye ko tugiye kuzamuka tukarara aho APR FC icumbitse.”

”Badufashe neza cyane baratugaburira amafunguro ateguye neza, baduha aho kuryama hano ni ahantu hatuje cyane nta rusaku, mu gitondo tubyutse dufata amafunguro nyuma yayo abashatse bajya gukina imikino itandukanye abandi bicara hanze bafata akayaga. Aha ni ahantu heza cyane buri mukinnyi yifuza kuba yaturiza.”

Kapiteni wa Etincelles FC, Nshimiyimana Abdoul yishimiye cyane uko ikipe yakiriwe
Rutahizamu Songa Isaie akina billard nyuma yo gufata amafunguro ya mu gitondo
Yahise yimukira kuri Table tennis
Umunyezamu Nduwayo Bariteze Danny ”Barthez” yakinaga hamwe na Isaie

Ku ruhande rwa APR FC, abakinnyi bari babanjemo ku munsi w’ejo nibo bari bukine uyu mukino, nta mpinduka zabayeho.

Etincelles imaze gukina umukino umwe wa gicuti yatsinzwemo na Gasogi United igitego 1-0, mu gihe ikipe y’ingabo z’igihugu yo igiye gukina umukino wa munani wa gicuti yitegura imikino nyafurika ya CAF Champions league n’umwaka utaha w’imikino.

Ikibuga cyakamutse neza
Saa yine kirakira umukino

Andi mafoto

Abakinnyi ba APR FC barimo Niyonzima Olivier Seifu nabo bafashe amfunguro ya mu gitondo bitegura umukino
Niyomugabo Claude mbere y’umukino
Umunyezamu Rwabugiri Umar afata amafunguro ya mu gitondo
Muganga wa APR FC, Capt Jacques Twagirayezu yabanyuragamo abapima ibimenyetso bya COVID-19
Umutoza wungirije wa Etincelles, Saidi Abed Makasi
Ibumoso ni rutahizamu w’umunya Tchad, Ibrahim Hassan

Leave a Reply

Your email address will not be published.