E-mail: administration@aprfc.rw

CECAFA Kagame Cup: APR FC yamenye ikipe bizahura muri ¼

Nyuma yo kuzamuka ari ikipe ya mbere mu itsinda C idatsinzwe umukino n’umwe, ikipe ya APR FC muri ¼ izahura na AS Maniema yabaye iya 2 mu itsinda D.

Kuva tariki ya 6 Nyakanga mu Rwanda harimo kubera irushanwa rya CECAFA Kagame Cup rizasozwa tariki ya 21 Nyakanga 2019, ubu rigeze muri ¼ aho kizatangira ku munsi w’ejo.

APR FC yari mu itsinda C iri kumwe na Green Eagles yo muri Zambia, Proline yo muri Uganda na Heegan FC yo muri Somalia.

Ikipe ya APR FC yaje kuzamuka mu itsinda ari iyi mbere n’amanota 9/9 nyuma yo gutsinda imikino yose uko ari 3.

Yatsinze Proline 1-0, itsinda Green Eagles 1-0, maze mu mukino usoza itsinda iza kunyagira Heegan FC ibiteo 4-0.

Imikino ya ¼ ikaba izatangira ku munsi w’ejo, APR FC yo ikazakina na AS Maniema yo muri Repubulika iharanira Demokorasi ya Congo ku munsi wo ku wa Gatatu tariki ya 17 Nyakanga 2019.

Leave a Reply

Your email address will not be published.