E-mail: administration@aprfc.rw

Bukuru Christopher yahawe ikaze mu myitozo ya mbere muri APR FC (Amafoto)

Ku Itariki ya 21 Kanama 2019, nibwo APR FC yasinyishije imyaka ibiri Bukuru Christopher ukina hagati afasha ba rutahizamu imukuye muri Rayon Sports, akaba ari mu bakinnyi bafashije iyi Kipe kwegukana igikombe cya Shampiyona cy’umwaka ushize.

Ubwo Bukuru yashyiraga umukono ku masezerano, APR FC yari mu Gihugu cya Kenya mu mikino ya Gisirikare. Ubwo iyi Kipe yagarukaga yahawe ikiruhuko cy’iminsi itatu, mu gihe bamwe mu bakinnyi bayo ari bwo bahamagarwaga mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura umukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi azakinamo na Seychelles Tariki 05 Nzeri mu murwa mukuru Victoria. Byabaye ngombwa ko Bukuru ategereza igicamunsi cyo kuwa 28 Kanama, ubwo APR FC yasubukuraga imyitozo ku Kibuga cya Shyorongi, yari igizwe n’abakinnyi batahamagawe mu Mavubi ndetse na bamwe bagize Ikipe y’Intare.

Ku Itariki ya 21 Kanama 2019 nibwo Bukuru Christopher yashyize umukono ku masezerano yo gukinira APR FC imyaka ibiri
Akigera ku kibuga cy’imyitozo cya Shyorongi yahawe ikaze n’Umutoza wungirije Nabiyl Bekraoui
Yakomereje mu myitozo igorora ingingo hamwe na bagenzi be

Nyuma y’imyitozo Bukuru akaba yabwiye umunyamakuru wa APR FC ko yishimiye gukorana n’abatoza bashya, yongeraho ko yaje mu Ikipe y’Ingabo z’Igihugu gutwara ibikombe iyi kipe izitabira kuko APR FC ari Ikipe y’ibikombe.

Ati: ‘’Nishimiye cyane imyitozo y’abatoza bashya, kuko ahanini yibanda ku buhanga no gutembereza umupira wihuta mu kibuga kandi niyo mikinire nanjye nkunda, ndi hano kugira ngo duhatane kandi dutware ibikombe kuko APR FC ari ikipe y’ibikombe.’’

Akaba yishimiye uko abakinnyi bagenzi be yasanze bamwakiriye ku munsi wa mbere, cyane cyane Nshuti Innocent , Ange Mutsinzi bakinanye muri Rayon Sports ndetse na Nkomezi Alex bahoze bakinana muri Mukura Victory Sports

Nabiyl aterana ubuse na Myugariro Mutsinzi Ange uri gufasha Bukuru kwisanga mu Ikipe
Nshuti Innocent ugifite ikibazo cy’imvune yabanje gukorera ku ruhande wenyine. nyuma asanga abandi

Bukuru Christopher w’imyaka 22 akaba yarerekeje muri APR FC aturutse muri Rayon Sports yakiniye umwaka umwe wa 2018-19, akaba yarayigezemo avuye muri Mukura VS.

Bukuru igihe yategaga amatwi inama z’abatoza

Imyitozo y’uyu munsi yakozwe n’abakinnyi batahamagawe mu iIkipe y’Igihugu ndetse na bake bo mu Intare FC
Myugariro Buregeya Prince ari mu bagarutse mu myitozo nyuma y’ikiruhuko cy’iminsi itatu
Ngabonziza Gylain (imbere) ni umwe mu bakinnyi bzamutse uyu mwaka bavuyee mu Ishuri ry’umupira w’amaguru rya APR FC
Imyitozo y’uyu munsi yari yiganjemo iyo kugorora ingingo
Bukuru atangaza ko aje gufasha APR FC gutwara ibikombe by’amarushanwa yose izitabira
Umutoza Mugabo Alex aha imyitozo abanyezamu be Ahishakiye Herithier (iburyo) ndetse na Ntwali Fiacle (ibumoso)
Umutoza mukuru w’Umunya Maroc Mohammed Adil Erradi aha urugero abakinnyi be mu myitozo
Rutahizamu Nizeyimana Djuma witegura kugaruka mu kibuga yakoraga imyitozo yo kwiruka abarirwa umuvuduko na muganga w’Ikipe
Nkomezi Alex agiye kongera gukinana na Bukuru Christopher bahoranye  muri Mukura VS
Abakinnyi ba APR FC ndetse n’Intare FC mu myitozo yo ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gagatu

 

Leave a Reply

Your email address will not be published.