E-mail: administration@aprfc.rw

APR FC yatangiye gukoresha uburyo bwa GPS bupima umuvuduko w’abakinnyi

Kuri uyu wa Gatanu Tariki ya 20 Nzeri 2019,  ikipe ya APR yatangiye gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga rya GPS bupima umuvuduko w’abakinnyi, intera y’igihe bakoresheje mu myitozo ndetse n’imiterere y’umutima mu buryo bwo kumenya aho umukinnyi ahagaze mu myitozo akora ya buri munsi.

Mu myitozo yo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu yakozwe n’abakinnyi batahamagawe mu ikipe y’Igihugu y’abakina imbere mu gihugu CHAN, yayobowe n’umutoza wungirije Nabyl Berkaoui, nibwo yatangiye kwereka abakinnyi 14 bayitabiriye uko ubu buryo bukora, abasobanurira ko buzajya bubafasha kumenya aho bahagaze haba mu myitozo bakora ya buri munsi ndetse bukaba bwanabarinda imvune za hato na hato, mu gihe bakora imyitozo irengeje ubushobozi bw’imiterere y’imibiri yabo.

Rutahizamu Nizeyimana Djuma yambikwa GPS mbere yo kwinjira mu kibuga

Umutoza wungirije Nabyl Berkaoui amaze kwambika GPS Nizeyimana Djuma

Akaba yatangiye abambika izi GPS mu dusengeri tw’umukara tubegereye ndetse anabereka uko zikoreshwa.Nyuma bagiye mu kibuga bazambaye, imyitozo irangiye aza kureba intera birukanse mu kibuga ndetse n’ibihe bakoresheje kuri mudasobwa ikoresha inziramugozi ihabwa ubutumwa n’izi GPS.

Aganira n’umunyamakuru wa APR FC, umutoza wungirije Nably Berkaoui akaba ydutangarije ko ubu buryo buzafasha cyane mu myitozo baha aba basore cyane cyane kugenzura imbaraga n’umuvuduko.

Yagize ati: ‘’Ubu buryo bw’ikoranabuhanga buzadufasha kugenzura umuvuduko aba kinnyi bakoresha mu myitozo, uburyo bashiturandetse n’uko basoza ku ntambwe ya nyuma iyo basoje urugendo birukankaga.  Ibi bikaba byadufasha kureba intera umukinnyi amaze gukoresha, bityo bikazajya bitworohera kumenya niba agifite ingufu cyangwa atangiye kunanirwa.”

”Bizatworohera kandi gusesengura imikinire ya’abo duhanganye dukurikije ibipimo by’umuvuduko turi gukoresha mu myitozo mbere y’uko duhura.”

Abakinnyi bakoze imyitozo bambaye GPS mu gituza

Amakipe akomeye ku isi nka Arsenal, Real Madrid, Liverpool, Juventus ,PSG n’ayandi akoresha ubu buryo ndetse akaba ari kimwe mu bifasha abakinnyi kugira umuvuduko uri hejuru.

Kuwa 20 Werurwe 2019 Umutoza wa Manchester City Pep Guardiola, akaba yaratangarije urubuga SondaSports ko GPS ifasha abakinnyi be kugumana urwego ruri hejuru nk’imwe mu ntwaro imufasha kugira ikipe ikina umukino wihuta ndetse uhora ku rwego rumwe guhera ku munota wa mbere kugeza umukino urangiye.

Yagize ati: ‘’ Ukinira ku rwego witorejeho, iyo witoje nabi ukina nabi, Iyo witozanya ingufu nyinshi ni nazo ukinana, ibyo byose GPS idufasha kubigenzura.’’

Abakinnyi bakiri bagifite imvune Nkomezi Alex ndetse na Bukuru Christopher bakoreye ku ruhande
Nshimiyimana Yusunu yari yambaye GPS mu gituza
Rutahizamu Nshuti Innocent mu myitozo
Byiringiro Rague mu myitozo yo kuri uyu wa gatanu
Umunyezamu Ahishakiye Herithier mu myitozo

Uhereye ibumoso: Niyomugabo Claude, Mugunga Yves, Byiringiro Rague, Mushimiyimana Muhammed mdetse na Ngabonziza Gylain bose bari bambaye GPS mu myitozo yo kuri uyu wa Gatanu
Umutoza wungirije Nabyl Berkaoui agenzura umuvuduko w’abakinnyi kuri mudasobwa yohererezwa ubutumwa na GPS
Nshimiyimana Yusunu yahize abandi mu muvuduko abakinnyi bakoresheje mu myitozo yo kuri uyu wa Gatanu
Rutahizamu wa Arsenal Alexandre Lacazette yambaye GPS zifasha abakinnyi b’iyi kipe gukinira ku muvuduko wo hejuru

Leave a Reply

Your email address will not be published.