E-mail: administration@aprfc.rw

APR FC yasinyanye amasezerano y′ubufatanye n′uruganda rwa Azam Ltd

Kuri uyu wa Gatatu Tariki ya 15 Mutarama,  Ikipe y′ingabo z′igihugu yasinyanye amasezerano y′ubufatanye n′uruganda rwa Azam nk′umuterankunga mukuru mu gihe cy′imyaka ine.

Impande zombi zikaba zemeranyijwe ko APR FC izajya yambara ikirango cy′uruganda rwa Azam ndetse no ku mikino APR FC yakiriye,  Azam izajya izana kuri stade ibyapa byamamaza uruganda rwayo. Uretse ibi kandi AZAM ikaba yemerewe kuzajya igurisha ibicuruzwa byayo kuri iyo mikino.

Abayobozi bahagararanye n’abakinyi ba APR FC mu myenda yamamaza uruganda rwa Azam
Ni amasezerano afite agaciro ka miliyoni 228 z’amafaranga y’u Rwanda mmu gihe cy’imyaka ine
Umuyobozi wa Azam Ltd Mounir Bakhressa asobanurira abanyamakuru imiterere y’aya masezerano

Aya masewerano hagati y′ikipe ya APR FC n′uruganda rwa AZAM akaba afite agaciro ka miliyoni 228 z ′amafaranga y′u Rwanda, mu gihe cy′imyaka ine nk ′uko impande zombi zabyemeranyijweho.

Ni umuhango wari witabiriwe na Mounir Bakhressa, umuyobozi mukuru wa Bakhressa Grain Milling (AZAM) Ltd, ndetse n′muyobozi wungirije wa APR FC Maj. Gen. Mubaraka Muganga hamwe n′abanyamakuru b′ibitangazamakuru bitandukanye.

Umunyamabanga mukuru wa APR FC Lt. Col. Slyvestre Sekrqmbq asubiza ibibazo by’abanyamakuru nyuma y’isinywa ry’amasezerano
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Azam mu Rwanda Ndagano Faradjallah nawe yari muri uyu muhango

 

 

 

Leave a Reply

Your email address will not be published.