E-mail: administration@aprfc.rw

APR FC itsinzwe na Mukura VS kuri penaliti mu mukino wa mbere w’Agaciro Football Tournament 2019

 

Kuri uyu wa Gatanu Tariki ya 13 Nzeri, nibwo igikombe cy’Agaciro Football Tournament 2019 kiri kuba ku nshuro ya gatanu cyatangiye kuri Stade Amahoro i Remera, umukino wa mbere APR FC ikaba yawutsinzwe na Mukura Victory Sports kuri penaliti 3-2 nyuma y’uko amakipe anganyije ibitego 2-2.

Ni umukino watangiye ikipe ya Mukura Victory Sports ihanahana neza ndetse igerageza n’uburyo bubyara ibitego, byaje no kuyihira kuko munota wa 25 gusa Senzira Mansoul yazamukanye umupira awuhereza umunya-Nigeria Nwosu Samuel nawe aboneza mu izamu umupira ryari ririnzwe na Ntwali Fiacle, utashoboye kuwugarura igitego cya mbere kiba kirinjiye.

Niyomugabo Claude wacaga ku ruhande rw’ibumoso ni umwe mu bakinnyi bigaragaje uyu munsi
Byiringiro Rague mbere yo gutsinda igitego cya kabiri

Ikipe y’Ingabo z’igihugu yakomeje gushaka igitego cyo kwishyura, Ishimwe Kevin azamukana umupira acenga ba myugariro babiri ba Mukura VS ariko awuteye mu izamu ugarurwa n’umunyezamu Gerrard Bikorimana. APR FC yakomeje gupfusha ubusa uburyo butandukanye kugeza ubwo igice cya mbere cyarangiye ari igitego 1-0.

Mu gice cya kabiri umutoza Erradi Adil Mohamed, yakoze impinduka nyinshi zagombaga kwishyura igitego yari yatsinzwe mu gice cya mbere ndetse zigatahana intsinzi. Manishimwe Djabel, Manzi Thierry, Mushimiyimana Muhammed na Ombolenga Fitina basimbuye Nshimiyimana Yunusu, Mugunga Yves, Rwabuhihi Placide na Bukuru Christopher.

Ombolenga Fitina arekura ishoti mu izamu rya Mukura VS
Iahimwe Kevin yaremye uburyo yitwaye nezai muri uyu mukino

Impinduka umutoza Adil yakoze zaje kumuhira kuko nyuma y’iminota itatu gusa ku munota wa 48, ku mupira wazamukanywe na Fitina Ombolenga awuhindura imbere y’izamu ukurwamo na Gerrard Bikorimana arawugarura awusubiza mu rubuga rw’amahina uhura na Danny Usengimana nawe utazuyaje kuwuboneza mu izamu maze yishyurira APR FC igitego cya mbere.

Ku munota wa 64, Byiringiro Rague yaboneye APR FC igitego cya kabiri, ubwo yafataga umupira ku ruhande rw’iburyo agacenga Senzira Mansoul na Ngirimana Alexis ateresha ukuguru k’imoso umupira uruhukira mu rushundura.

Usengimana Danny ubwo yatsindaga igitego cya mbere
Yari hagati ya ba myugariro batanu ba Mukura VS
Yishimira iki gitego
Igitego cya kabiri ku ishoti rirerire ryatewe na Byiringiro Rague
Bagenzi be Danny Usengimana, Ishimwe Kevin ndetse na Mushimiyimana Muhammed bamufasha kukishimira
Byari ibyishimo kuri Rague na bagenzi be

Nyuma y’umunota umwe gusa, nibwo Mukura yabonye igitego cyo kunganya ubwo Ntwali Evode yarekuraga ishoti hanze y’urubuga rw’amahina rikaruhukira mu izamu. Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yakomeje kurema uburyo bubyara ibitego ari nako yotsa igitutu Mukura VS ibifashijwemo cyane n’abasore bo ku mpande barimo Ishimwe Kevin, Byiringiro Rague, Niyomugabo Claude ndetse na Ombolenga Fitina wageragezaga kuzamuka cyane ashaka igitego cy’intsinzi, gusa ntibyaje gutanga umusaruro kuko amakipe yombi yarangije iminota 90 anganya ibitego 2-2.

Ombolenga atsinda imwe muri penaliti ebyiri zinjijwe na APR FC

Penaliti nizo zaje kuba kamarampaka, APR FC yaje kwinjiza ebyiri zatewe na Ishimwe Kevin ndetse na Ombolenga Fitina, mu gihe Mukura yo yinjije eshatu zatewe na Olih Jacques, Nwosu Samuel, Rugirayabo Hassan.

Ku cyumweru Tariki 15 Nzeri kuri Stade Amahoro, APR FC ikaba izakinira umwanya wa gatatu na Police FC, nayo yasezerewe na Rayon Sportskuri uyu wa Gatanu kuri penaliti 4-3.

Danny Usengimana mbere yo gutsinda igitego cya mbere

Byiringiro Rague yishimira igitego ahobe umutoza wungirije Nabyl Berkaoui

 

Umutoza mukuru yihanganisha Nshuti Innocent na Manishimwe Djabel nyuma yo gutakaza umukino w’uyu munsi
Abakinnyi bashimiye abafana babashyigikiye muri uyu mukino
Umutoza Mohammed Adil yasabye abafana kudacika intege bakajya inyuma y’ikipe yabo
Ikipe yabanjemo ku ruhande rwa APR FC
Uko bari bahagaze mu kibuga

Leave a Reply

Your email address will not be published.