E-mail: administration@aprfc.rw

APR FC igiye gukina umukino wa gicuti yitegura Agaciro Football Tournament 2019

Nyuma yo gusoza imikino ya Gisirikare, APR FC ikomeje imyitozo yitegura irushanwa ry’Agaciro Football Tournament 2019 rigomba gutangira Tariki 13 kugeza 15 Nzeri 2019. Ikipe y’Ingabo z’Igihugu ku munsi w’ejo ku Cyumweru ku kibuga cy’imyitozo i Shyorongi saa tanu z’amanywa ikaba izakina na Heroes FC yazamutse mu cyiciro cya mbere umwaka ushize w’imikino.

Uyu mukino ukaba uzagaragaramo abakinnyi batahamagawe mu Ikipe y’Igihugu Amavubi, hakaba kandi hari bamwe mu bakinnyi batazawukina kubera ikibazo  cy’imvune nka Mushimiyimana Muhammed, Nizeyimana Djuma ndetse na Nshuti Innocent.

Uko imikino y’Agaciro Football Tournament 2019 iteye:

13 Nzeri: APR FC vs Mukura Victory Sports (15:30)

Rayon Sports vs Police FC (18:00)

Tariki 15 Nzeri nibwo iyi mikino izasozwa, saa saba hazakinwa umwanya wa gatatu uzahuza amakipe yombi azaba yatsinzwe, naho saa cyenda n’igice hakinwe umukino wa nyuma uzahuza amakipe azaba yatsinze ari nabwo hatangwa igikombe.

Myugariro Mutsinzi Ange ategerejweho kuba captain mu gihe Manzi Thierry ari mu Ikipe y’Igihugu
Ashobora guhatanya na Buregeya Prince mu mutima wa ba myugariro
Byiringiro Rague yiteguye neza umukino wa gicuti bzahuramo na Heroes FC
Rutahizamu Nizeyimana Djuma n’ubwo ari gukora imyitozo ariko ntazakina umukino wo ku munsi w’ejo

 

Rutahizamu Daany Usengimana azaba ashakira APR FC ibitego nyuma y’uko Sugira Ernest ahamagawe mu Ikipe y’Igihugu
Mushimiyimana Muhammed ukina hagati aracyafite imvune itamwemerera gukina umukino na Heroes FC
Ntwari Fiacle byitwzwe ko abanza mu izamu
Ahishakiye Herithier mu myitozo yitegura Heroes FC ndetse n’Agaciro Football Tournament

 

 

Umutoza mukuru w’Umunya-Maroc Mohammed Adil Erradi afite intego yo gutwara igikombe cy’Agaciro Football Tournament 2019
Umutoza wungirije Nabiyl Bekraoui mu myitozo yo kuri uyu wa Gatandatu

 

 

Leave a Reply

Your email address will not be published.