E-mail: administration@aprfc.rw

APR F.C YAKOMEREJE KU MYITOZO YO KUBAKA UMUBIRI – AMAFOTO

Ruboneka Jean Bosco mu myitozo imwongerera imbaraga ikanubaka umubiri

Ku munsi wa kabiri w’imyitozo nyuma y’ikiruhuko cy’iminsi ine (4) abakinnyi bari barimo, APR FC yakomereje ku myitozo yo kubaka umubiri (Body Building) no kongera imbaraga.

Ni imyitozo yakozwe mu gitondo cy’uyu wa gatanu tariki ya 17/03/2023, ikaba yabereye Gym.

Ni imyitozo yakozwe n’abakinnyi bose ba APR FC usibye barindwi bari mu mwiherero w’ikipe y’igihugu Amavubi, bitegura gukina na Benin umukino w’ijinjora ryo guhatanira itike yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika (AFCON).

Nyuma y’imikino y’ikipe y’igihugu Amavubi, shampiyona izasubukurwa APR FC yakira Bugesera FC mu mukino w’umunsi wa 25 uzaba ku itariki ya 02/04/2023, umukino w’umunsi wa 24 yari kwakirwamo na Police FC wo ukaba warasubitswe.

Baragorora igihimba
Djabel Manishimwe arongerera umubiri imbaraga ngo asubire mu bihe bye byatuma anagaruka mu ikipe y’igihugu
Mugunga Yves wari umuza igihe afite imvune na we yagarutse
Umutoza Jamel Eddine Neffati yari abahagarikiye, abereka uburyo bikorwa neza kugirango bibagirire akamaro
Hakim Mubarakh, umwe mu bakinnyi bakiri bato bakirimo guhatana ngo babone iminota ihagije yo gukina muri APR FC
Umutoza ati “zamuka….wongere umanuke……” bigera aho umutima ubishaka ariko umubiri ukabyanga kubera umunaniro
Niyibizi Ramadhan
Mugunga Yves nyuma y’imvune amaranye iminsi ngo agarutse atyaye
Ruhamyankiko Yvan, Umunyezamu ukiri muto utanga icyizere cy’ahazaza
Byiringiro Gilbert ‘Tiote’
Itangishaka Blaise abafana bise ‘Iniesta’
Niyonshuti Hakim Mubarakh
Ishimwe Fiston waherukaga mu kibuga akinirwa nabi agakomereka mu mukino wahuje APR FC na Rayon Sports i Huye na we yagarutse
Nsengiyumva Irshad Parfait
Mutabaruka Alexandre Umunyezamu wa kabiri wa APR FC kugeza ubu
Ishimwe Anicet
Ndayishimiye Dieudonne
Kwitonda Alain ‘Bacca’
Saidi
Nshuti Innocent
Mu byitwa “Coordunation” barahuza imyitozo y’imbaraga n’intambuko zabo iyo barimo gukina umupira
Nizeyimana Djuma
Nshimiyimana Ynussu