E-mail: administration@aprfc.rw

Abatoza bashya bakoresheje imyitozo ya mbere muri APR FC

Kuri uyu wa gatandatu abatoza bashya b’ikipe ya APR FC bakoresheje imyitozo ya mbere mu Ikipe y’Ingabo z’igihugu nyuma yo kwerekanwa ku mugaragaro ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu.

Aba banya-Maroc Mohammed Adil Erradi Umutoza mukuru ndetse n’Umwunguruje Bekraoui Nabiyl ndetse n’Uw’abanyezamu Mugabo Alex bakoresheje ikipe y’abakinnyi 24 ku kibuga cy’imyitozo cya Shyorongi, imyitozo yamaze amasaha atatu.

Myugariro Mutsinzi Ange na Nizeyimana Djuma ufasha abataha izamu bishimiye gukorana n’Abatoza bashya
Manishimwe Djabel na Imanishimwe Emmanuel biteguye kwitwara neza mu mikino ya gisirikare

Imyitozo y’uyu munsi ikaba yari yiganjemo guhererekanya umupira ndetse n’igarurira ingufu abakinnyi nyuma y’uko bari bamaze ibyumweru bibiri mu kirihuko nyuma y’imikino ya Cecafa Kagame Cup 2019.

Aganira n’Umunyamakuru wa APR FC, Manzi Thierry akaba yadutangarije ko bashimishijwe no gukorana n’abatoza bashya kuko biabitezeho kuzazamura urwego rwabo.

Kapiteni Manzi Thierry yishimiye gukorana n’Abatoza bashya nyuma y’ibyumweru bibiri mu kiruhuko

”Ni byiza cyane kuba dutangiranye n’abatoza bashya mbere y’uko Shampiyona itangira, kuri twe nk’abakinnyi bizadufasha guhuza no gushyira mu bikorwa ibyo batwigisha. Twizera neza ko bizanadufasha gutanga umusaruro mwiza.

Ikipe ya APR FC ikaba izahaguruka ku itariki ya 11 Kanama yerekeza mu gihugu cya Kenya mu Mikino ya gisirikare izamara ibyumweru bibiri.

Rutahizamu Danny Usengimana agarutse mu myitozo yitegura Imikino ya gisirikare izatangira ku itariki uya 12 Kanama 2019
Ba myugariro Rwabuhihi Aimée Placide (ku mupira) na Nshimiyimana Yussunu batangiye imyitozo uyu munsi
Umunyezamu wa mbere Rwabugiri Umar ahanganye na Manishimwe Djabel ku mupira
Umunyezamu Ntwali Fiacle mu myitozo
Umukinnyi wo hagati Mushimiyimana Muhammed ku munsi wa mbere w’imyitozo
Rwabugiri Umar Umunyezamu wa mbere ndetse na mugenzi we Ahishakiye Heritier mu myitozo
Umutoza wungirije Bekraoui Nabiyl yereka Manishimwe Djabel ukuntu akwiye guhagarara mu kibuga
Umutoza mukuru Mohammed Adil Erradi ku munsi wa mbere yakoresheje abakinnyi imyitozo yiganjemo iy’ingufu no guhanahana umupira
Abatoza bombi baganira
Rutahizamu Sugira Ernest akora imyitozo yo kurambura amaguru ndetse n’igihimba
Rutahizamu Byiringiro Lague mu myitozo ya mbere hamwe n’Abatoza bashya
Myugariro wo hagati Buregeya Prince aruhuka nyuma y’imyitozo
Nshuti Innocent ugifite ikibazo cy’imvune yakoreshejwe n’Umuganga w’Ikipe wenyine ku ruhande
Rujugiro usanzwe ari Umufana ukomeye wa APR FC ntiyahatanzwe
Mu isozwa ry’imyitozo Abatoza bafashe akanya baganira n’abakinnyi

Leave a Reply

Your email address will not be published.